Ni ryari Africa izongera gutwara ballon d'Or?

Umukinnyi wa Senegal Sadio Mane n'umunya Maroc Achraf Hakimi nibo bakinnyi bonyine bari mubahataniye ballon d'or y'uyu mwaka wa 2026.

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Umukinnyi wa Senegal Sadio Mane n'umunya Maroc Achraf Hakimi nibo bakinnyi bonyine bari mubahataniye ballon d'or y'uyu mwaka wa 2026.
Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 6

Africa ifite umuntu umwe gusa watwaye Ballon d'or ,ubu itegerejeko hazaboneka uwuzahigika George Weah,nyuma y'uko ubu hari abandi banyafurika bari mubazayihatanira uyu mwaka.

Kapiteni wa Marroc Achraf Hakimi na Sadio Mane ukomoka muri Senegal nibo bakomoka muri Africa bonyine bari muri 30 bahatanira ballon d'or mu kiciro cy'abagabo.

Aba bakinnyi bombi baciye agahigo ko kuza mu bakinnyi batandatu ba mbere mu guhatanira igihembo cya Ballon d'Or,ariko nyuma y'umwaka Espagne yatwaye igikombe cy'Isi cya FIFA naho Kylian Mbappé atsinda ibitego 10 byatumye aba umukinnyi watsinze ibitego byinshi kurusha abandi bose mu mateka y'iryo rushanwa, andi mahirwe arahabwa umukinnyi ukina inyuma iburyo wa Paris St-Germain cyangwa uyu mukinnyi wo ku ruhande wa Al-Nassr ko yatwara icyo gihembo gikomeye asa n'aho ari make cyane.kandi si ubwambere Africa izaba inánime kugera kuri iyo ntego.

Imwe mu mpamvu zatumye abakinnyi b'Abanyafurika batagira umusaruro uhagije muri aya mateka ni uko, kuva igihembo cya Ballon d'Or gitanzwe bwa mbere na France Football mu 1956, kugeza mu 1994, cyari kigenewe gusa abakinnyi b'Abanyaburayi. Mu 1995 ni bwo amategeko yahindutse, maze abakinnyi bo kuyindi migabane bemererwa guhatanira iki gihembo, mu gihe bakinaga mu makipe yo ku mugabane w'u Burayi

Ni ubwo muri uwo mwaka umunya Liberia George Weah yatwaye Ballon d'Or nyuma yo kwitwara neza muri PSG na AC Milan.

Nubwo uyu mugabane wabyaye abakinnyi benshi, inshuro imwe rukumbi undi mukinnyi wo muri Afurika yaje mu bakinnyi batatu ba mbere hari mu mwaka wa 2022, ubwo Sadio Mané yabaga uwa kabiri inyuma ya Karim Benzema, rutahizamu w' Ubufaransa.

Birumvikana , Lionel Messi na Cristiano Ronaldo nibo bahize abandi mu gutwara ibi ibihembo muri iki kiragano. aho batwaye ballon d'or 13 muri 15 zatanzwe kuva 2008 kugera muri 2023.

Abanyamakuru bo mu bihugu 100 byambere ku rutonde rwa FIFA bazatora uzahabwa iki gihembo , naho uzegukana igikombe cya 2026 azatangazwa mu muhango uzabera I Londres tariki ya 26 ukwezi kwa cumi.

Amahitamo y'ahantu hazatanginwa iki gikombe" mu isabukuru y'imyaka 70 "ibi byakozwe mu rwego rwo guha icyubahiro umukinnyi w'Ubwongereza Sir Stanley Matthews wegukanye bwa mbere iki gihembo.

Ariko se,mu mibare amateka ya Ballon d'Or kuri Africa ameze ate ?

Weah niwe ufite ikamba

George Weah, ugaragara uhereye mu bitugu kuzamura, yambaye umwenda w’ikipe ya AC Milan w’amabara y’umukara n’umutuku, ari guterura igikombe cya Ballon d'Or ahabwa n’umugabo utagaragara mu ifoto.

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, George Weah yabaye Perezida wa Liberia kuva muri 2018 kugera muri 2024
Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Aho ibintu byagenze neza kurusha ahandi ku mugabane wa Afurika mu mateka y'igihembo cya Ballon d'Or, hari mu mwaka wa mbere gusa abakinnyi b'uyu mugabane bemerewe guhatanira iki gihembo, ubwo George Weah yegukanaga umwanya wa mbere mu matora yo mu 1995, arushije Jurgen Klinsmann ukomoka mu Budage na Jari Litmanen wo muri Finland.

Abakinnyi b'Abanyafurika batanu baje ku rutonde rw'abakinnyi 50 muri uwo mwaka.

Ariko kuva icyo gihe, rimwe gusa mu mwaka wa 2007, nibwo uyu mugabane wagize abakinnyi batandatu bashyizwe kuri urwo rutonde. Muri iryo rushanwa, Didier Drogba ni we wabaye uwa mbere muri bo, aho uyu mukinnyi ukomoka muri Côte d'Ivoire yaje ku mwanya wa kane.

Kuva icyo gihe, umubare w'abakinnyi bahatanira iki gihembo waragabanutse; habayeho abakinnyi 30 bahatanira kuva mu 2008, mu gihe hagati ya 2010 na 2015 igihe igihembo cya Ballon d'Or cyahuzwaga n'icy'umukinnyi mwiza ku isi cya FIFA, hari abakinnyi 23 gusa bahataniraga.

Undi mwaka w'ingenzi kuri Afurika wari muri 2019, ubwo abakinnyi batatu b'abagabo bazaga mu bakinnyi 10 ba mbere. Mané yabaye uwa kane, Mohamed Salah wo mu Misiri aba uwa gatanu, naho Riyad Mahrez wo muri Algeria aba uwa cumi.

Ni ikihe gihugu cyo muri Afurika cyatsindiye ibihembo byinshi muri Ballon d'Or?

Samuel Eto'o agaragara mu mupira w'ubururu wa Barcelona yambaraga mu rugo .

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Samuel Eto'o yarangije ari uwa kane muri Ballon d'Or muri 2009 nyuma yo gutwara Champions League ari mu kipe ye ya Barcelona itsinze Manchester United

Kuva mu 1995, Afurika imaze kugira abakinnyi 76 bashyizwe ku rutonde rw'abahataniye igihembo cya Ballon d'Or.

Aba bangana na 6.62% gusa by'abahatanye bose muri rusange.

Samuel Eto'o wo muri Cameroun ni we yari kurutonde incuro nyinshi, kuko yahatanye inshuro icyenda yikurikiranya kuva mu 2003 kugeza mu 2011. Igitego cye cyiza yabonye mu 2009 ubwo yari uwa gatanu.

Drogba ukurikira afite inshuro umunani yashyizwe kuri uru rutonde, naho Salah ashyurwaho inshuro esheshatu.

Mané, umaze gushyirwa kuri uru rutonde inshuro eshanu, ni we mukinnyi wo muri Afurika umaze igihe kinini agaragara kuri uru rutonde; uyu mukinnyi w'imyaka 34 yagaragayeho, haciye imyaka 10.

Nigeria ni yo ifite umubare munini w'abakinnyi bagiye bashyirwa kuri uru rutonde, aho bose hamwe ari umunani. Kuba Victor Osimhen yaraje ku mwanya wa munani mu mwaka wa 2023 ni byo byagezweho byiza kurusha ibindi n'umukinnyi uwo ari we wese wa Super Eagles.

Hari uko byarushaho kunozwa

Ibihugu 39 bya Africa biracyategereje umukinnyi wabyo wa mbere uzafatwa nk'uwahize abandi, nubwo bitangaje kuba Chad itarimo nyuma y'uko rutahizamu Japhet N'Doram yari kuri uru rutonde rwo muri 1995 hamwe na Geoge Weah.

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Afurika y'Epfo, ziri ku mwanya wa 43 n'uwa 54 ku isi, ni byo bihugu bifite imyanya myiza kurusha ibindi bitarabasha kubona itike, mu gihe nta mukinnyi ukinira ayo makipe wigeze ashyirwa ku rutonde rw'abahatana.

Kuva mu 1995, habayeho imyaka icyenda aho Umunyafurika umwe gusa ari we wabaga ari ku rutonde rw'abahatana.

Muri 2024, Umunya-Nigeria Ademola Lookman yegukanye umwanya wa 14 ku rutonde rw'abahataniye Ballon d'Or, nyuma yo kwigaragaza cyane mu mukino wa nyuma wa Europa League, aho yatsindiye Atalanta ibitego bitatu

Abakinnyi bo muri Afurika ntibigeze babona amajwi na make mu nshuro enye ubwo bari bamaze gutoranywa mu bahatanira ibihembo: mu 1998 (Sunday Oliseh), 2000 (Geremi na Patrick Mboma), 2001 (Samuel Kuffour) no mu 2003 (Eto'o na Hatem Trabelsi).

Abatoranyijwe muri Ballon d'Or hakurikijwe ibihugu bya Afurika

Côte d'Ivoire - 15 (Didier Drogba 8, Yaya Touré 5, Kolo Touré, Sébastien Haller)

Cameroun - 12 (Samuel Eto'o 9, Geremi, Patrick Mboma, André Onana)

Nijeriya - 10 (Jay-Jay Okocha 2, Nwankwo Kanu 2, Finidi George, Daniel Amokachi, Victor Ikpeba, Sunday Oliseh, Victor Osimhen, Ademola Lookman)

Senegali - 8 (Sadio Mané 5, Papa Bouba Diop, El Hadji Diouf, Kalidou Koulibaly)

Ghana - 6 (Michael Essien 3, Tony Yeboah, Samuel Kuffour, Asamoah Gyan)

Misiri - 6 (zose ni iza Mohamed Salah)

Alijeriya - 4 (zose ni iza Riyad Mahrez)

Mali - 3 (Mahamadou Diarra 2, Frédéric Kanouté)

Gabon - 3 (zose ni iza Pierre-Emerick Aubameyang)

Maroke - 3 (Achraf Hakimi 2, Yassine Bounou)

Liberiya - 2 (zombi ni iza George Weah)

Tchad - 1 (Japhet N'Doram)

Tuniziya - 1 (Hatem Trabelsi)

Togo - 1 (Emmanuel Adebayor)

Gineya - 1 (Serhou Guirassy)

Nico kimwe ku bagore bo muri Afurika.

Temwa Chawinga, ugaragara kuva mu nda hejuru afite umusatsi w'ubururu yambaye n'ishati y'icyatsi kibisi ya Malawi, ahagaze iruhande rwa kamera maze akora ikimenyetso cy'umutima afite amaboko imbere y'igituza cye mu gihe yishimira igitego. Ahantu hagaragara intebe z'icyatsi kibisi n'umutuku bigaragara inyuma.

Ahavuye isanamu, Confederation of African Football

Insiguro y'isanamu, Umukinnyi wa mbere wa Malawi, Temwa Chawinga, yahawe umwanya we wa kabiri wo guhatanira umupira w'amaguru w'abagore nyuma yo kwegukana inkweto za zahabu mu gikombe cya Afurika cy'abagore cy'uyu mwaka.

Kuva igihembo cya Ballon d'Or cy'abagore cyatangira gutangwa mu 2018, ni abakinnyi bane gusa bo muri Afurika bageze ku rutonde rw'abahatana.

Umunya-Nigeria ukina asatira izamu, Asisat Oshoala, ni we wabaye uwa mbere, aho yagaragaye ku rutonde rw'abakinnyi 20 n'urw'abakinnyi 30 mu 2022 na 2023.

Kapiteni wa Zambia, Barbra Banda, yagiye ashyirwa kuri uru rutonde buri mwaka kuva icyo gihe, aza kwiyongerwaho na Tabitha Chawinga wo muri Malawi mu 2024, ndetse na murumuna we Temwa Chawinga mu 2025 na 2026.

Ibi bivuze ko nta mwaka n'umwe abakinnyi barenze babiri bo muri Afurika bigeze bashyirwa ku rutonde rw'abahatanira iki gihembo.

Muri rusange, abakinnyi bo muri uyu mugabane bashyizwe kuri uru rutonde ni 10 mu bakinnyi 100 bose hamwe bagiye bahatanira iki gihembo.

Abahatanira Ballon d'Or mu bagore bakurikije ibihugu bya Afurika

Zambiya - 3 (zose ni iza Barbra Banda)

Malawi - 3 (Temwa Chawinga 2, Tabitha Chawinga)

Nijeriya - 2 (zombi ni iza Asisat Oshoala)