Ambasade y'u Burundi muri Kenya ivuga ko igiye gufasha abifuza gutaha

Abacuruzi babiri bo ku muhanda bahagaze ku ruhande rw'umuhanda i Nairobi, muri Kenya, bategereje abakiliya ngo babagurisheho ubunyobwa. Ifoto mbarankuru yo ku itariki ya 20 Kamena (6) mu mwaka wa 2019.

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

Insiguro y'isanamu, Ubucuruzi buciriritse nk'ubu bw'ubunyobwa ni bumwe mu buzwiho kwitabirwa n'Abarundi i Nairobi (ifoto mbarankuru)
    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Ambasade y'u Burundi muri Kenya yamenyesheje Abarundi bose bifuza gutaha mu gihugu cyabo ko yateguye uburyo bwo kubaha ku buntu urupapuro rubaha uburenganzira bwo kujya i Burundi (laissez-passer) guhera ku wa mbere.

Ambasade y'u Burundi ibitangaje nyuma yuko ku wa gatatu Perezida wa Kenya William Ruto ategetse ko guhera ku wa mbere nta munyamahanga uzongera gukora ubucuruzi buciriritse cyangwa gutembereza ibicuruzwa mu muhanda.

Mu nama yagiranye n'abikorera yabereye mu murwa mukuru Nairobi, Ruto yavuze ko hari ubucuruzi butemewe ku banyamahanga.

Atavuze ibihugu abo banyamahanga baturukamo, Perezida wa Kenya yavuze ko "ntawava mu Bushinwa cyangwa ahandi" ngo ajye "gutembereza ibicuruzwa cyangwa kugurisha ibintu mu iduka rito" muri Kenya.

Mu banyamahanga batembereza ibicuruzwa muri Kenya cyangwa abakora indi mirimbo iciriritse harimo n'Abarundi benshi.

Kuva Ruto avuze ayo magambo, bamwe muri bo babwiye BBC Gahuzamiryango ko bahiye ubwoba bibaza uko bigiye kubagendekera.

Bavuze ko akazi kabo katongeye kugenda neza ndetse ko hari aho Abanya-Kenya babashyize ku nkeke bababwira ko itariki ya 7 y'uku kwezi itinze kugera kugira ngo birare mu bicuruzwa byabo ku buntu.

Mu itangazo rye ryo ku wa gatandatu, Ambasaderi Evelyne Habonimana yavuze ko igikorwa cyo gutanga urwo rupapuro rw'inzira gitangira ku wa mbere saa tatu za mu gitondo (9:00) z'i Nairobi, ni ukuvuga saa mbili za mu gitondo (8:00) zo mu Burundi, kikarangira saa munani z'amanywa (14:00) ku isaha y'i Nairobi.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Yongeyeho ko uzatanga ibisabwa azabona urwo rupapuro rw'inzira ku munsi ukurikira uwo yabitanzeho "kugira ngo bitworohereze kubatunganiriza n'ingoga".

Anavuga ko uwo isaha ya saa munani izagera ataragerwaho azagaruka ku munsi ukurikira, ku biro by'iyo ambasade biri mu gace ka Kilimani i Nairobi.

Ambasaderi Habonimana atangaje ibi mu gihe ku wa gatandatu na bwo Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'u Burundi Édouard Bizimana yagiranye inama i Bujumbura n'abahagarariye ibihugu byo mu muryango w'Afurika y'uburasirazuba (EAC), ku bimaze iminsi bivugwa ko hari Abarundi bafatwa nabi, abandi bakangirizwa ibicuruzwa ndetse bagahohoterwa, cyane cyane muri Kenya.

Radio-Televiziyo y'u Burundi (RTNB) yasubiyemo amagambo ya Minisitiri Bizimana asaba ko Abarundi baba mu bihugu nka Tanzania, Kenya, Uganda, Somalia , Sudani y'Epfo n'ahandi bafatwa neza ariko na bo abasaba kubahiriza amategeko y'ibyo bihugu.

Yongeyeho ko haramutse havutse ibibazo, abategetsi baho bakwiye kubicyemura hatabayeho kugirira nabi Abarundi.

RTNB yasubiyemo amagambo y'ambasaderi wa Kenya mu Burundi avuga ko muri iyo nama yemeye ko agiye kuvugana n'inzego za leta iwabo kugira ngo abamenyeshe ko u Burundi butishimiye iyo myifatire ndetse abasabe gutanga ubutumwa bwo guhumuriza bwuko nta muntu wemerewe kugirira nabi umunyamahanga amuziza gucuruza.

U Burundi na Kenya bisanzwe bifitanye umubano mwiza ndetse amategeko y'umuryango wa EAC yemera urujya n'uruza rw'abantu n'ibicuruzwa mu bihugu umunani biwugize.

Nubwo Perezida Ruto yavuze ko hari umushinga w'itegeko uri mu nteko ishingamategeko kugira unonosore ubucuruzi butemewe ku banyamahanga, yavuze ko ubutegetsi bwa Kenya butabirindira.

Yabwiye abari bari muri iyo nama ati: "Kuva mu cyumweru gitaha, ku wa mbere, muzindukire ubwo bucuruzi." Yongeyeho ati: "Abo bacuruzi baciriritse bafunge."

Ruto yavuze ko abanyamahanga bacyenewe muri Kenya ari abazana imari itubutse, atari abaza gutembereza ibicuruzwa mu mihanda cyangwa abashinja amaduka mato.

Muri iyo nama Perezida wa Kenya ntiyavuze ibiranga iduka rito cyangwa abanyamahanga barebwa n'icyo cyemezo uko bangana.