DR Congo: Abanduye Ebola bamaze kurenga 1000
Ikiza cya Ebola mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) cyageze ku rundi rwego, ubu abamaze kwemezwa ko banduye iyi virusi bakaba barenze 1,000 mu ntara za Ituri, Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo.
Imibare yatangajwe na leta ku wa gatandatu igaragaza ko abantu 1,003 bemejwe ko banduye, 254 barapfuye, naho 100 bakize Ebola. Abandi barwayi 365 bashyizwe mu kato cyangwa barimo kwitabwaho mu bitaro, mu gihe igipimo cyo kwica cy’iyi virusi kiri kuri 25.3%.
Abategetsi bo mu rwego rw’ubuvuzi bavuga ko umubare w’abakira Ebola urimo kwiyongera, abandi barwayi umunani bakaba barasezerewe mu bitaro nyuma yuko bagaragaje ko nta Ebola bakirwaye – barimo batandatu bo mu ntara ya Ituri na babiri bo mu ntara ya Kivu y’Epfo.
Ibyo byatumye umubare wose hamwe w’abamaze kurokoka Ebola ugera ku bantu 100, kuva iyi virusi ya Ebola y’ubwoko bwa Bundibugyo itangajwe ko yadutse mu gihugu ku itariki ya 15 Gicurasi (5) uyu mwaka.
Ariko ikigero cyo gutahura abagize aho bahurira n’abanduye cyaragabanutse kigera kuri 58%, hasi cyane y’intego yo kugera ku kigero cya 95%.
Ibikorwa by’ubukangurambaga mu baturage, serivisi zo gusuzuma Ebola no kwita ku barwayi birimo kongerwa, mu gihe amatsinda y’abahanganye n’iki kiza akomeje gukurikiranira hafi iki kiza no gushyiraho ingamba zo kucyirinda mu turere cyagaragayemo.
Izindi nkuru wasoma: