Umutoza 'atinya kumusimbuza' – Ronaldo yagowe no kwigaragaza mu gihe ibindi bihangange byitwaye neza

    • Umwanditsi, Phil Cartwright
    • Igikorwa, Umunyamakuru wa BBC Sport
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Ibihangange bitatu bikomeye cyane mu mupira w'amaguru byarigaragaje ku wa kabiri muri iki gikombe cy'isi cya 2026.

Ibitego bibiri Kylian Mbappé yatsinze Sénégal byatumye aba uwa mbere umaze gutsindira Ubufaransa ibitego byinshi.

Nuko Erling Haaland wa Norvège arigaragaza mu mukino wa mbere w'igikombe cy'isi yari ayikiniye, ubwo na we yatsindaga ibitego bibiri mu mukino ikipe y'igihugu cye yatsinzemo Iraq.

Lionel Messi we yashyizeho akarusho. Atsinda, ku nshuro ya mbere mu gikombe cy'isi, ibitego bitatu mu mukino Argentine yatsinzemo Algeria, bituma anganya umuhigo n'Umudage Miroslav Klose wo gutsinda ibitego byinshi mu mateka y'imikino y'igikombe cy'isi, w'ibitego 16.

Ku wa gatatu, urubuga rwari rwahawe Cristiano Ronaldo kugira ngo na we yigaragaze muri iri rushanwa – ariko uyu kapiteni wa Portugal yananiwe kwigaragaza.

Ikipe y'igihugu cye byayisabye kwiyuha icyuya mu kunganya igitego 1-1 na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) ndetse Ronaldo yananiwe kwigaragaza mu mwanya wa mbere yari abonye wo kwandika amateka akaba umugabo wa mbere utsinze mu bikombe by'isi bitandatu binyuranye.

Chris Sutton, wahoze ari rutahizamu muri shampiyona ya Premier League mu Bwongereza, ubwo yatangaga ibitekerezo kuri BBC Radio 5 Live yanenze icyemezo cy'umutoza wa Portugal Roberto Martinez cyo kugumisha uyu mukinnyi w'imyaka 41 – umaze gukinira igihugu cye imikino 229 akagitsindira ibitego 143 – mu kibuga mu gihe cyose cy'uwo mukino wabereye mu mujyi wa Houston, muri leta ya Texas, muri Amerika.

Ubwo rutahizamu Gonçalo Ramos yasimburaga umukinnyi wo hagati Vitinha ku munota wa 83, Sutton yagize ati: "Biriya Martinez akoze biteye isoni. Bishobora gutanga umusaruro ariko se twaba twese turimo kureba umukino utandukanye?

"Atinya kumusimbuza. [Umutoza] Si umuyobozi [w'ikipe]. [Ronaldo] bishobora kurangira atsinze igitego cy'intsinzi ariko uyu munsi umukino wamurenze."

Mbere yuko uwo mukino utangira, Wayne Rooney wahoze ari rutahizamu w'ikipe y'igihugu y'Ubwongereza yateye urwenya avuga ko uwo bahoze bakinana mu ikipe ya Manchester United azaba kuba "yarubiye – ariko mu buryo bwiza", kubera ko abandi bakinnyi b'ibihangange batangiye iri rushanwa bitwara neza cyane ku munsi wa mbere yaho.

Rooney yavugiye kuri BBC One ati: "Ni uko yagiye yihata ndetse imitekerereze ye ni uko ikintu cyose aba agomba guhangana na cyo."

"Uko imyaka yagiye ihita, we na Messi bagiye baterana ishyaka [umuhate] kugira ngo bagere kuri izi nzego.

"Ashaka kuba intyoza cyane kurusha abandi bose kandi ibyo si mu buryo bubi. Nijoro [ejo ku wa gatatu] araza gushaka gutsinda ibitego bibiri cyangwa bitatu kugira ngo agaragaze ko akiri kuri rwa rwego."

Ariko umukino wa mbere wa Portugal wo mu itsinda K ntiwagenze uko Ronaldo cyangwa abo bakinana bashimagizwa cyane babyifuzaga, nubwo Portugal ari yo yafunguye izamu ku munota wa gatandatu w'umukino, ubwo umupira Pedro Neto yari atanze washyirwaga mu izamu neza n'umutwe wa João Neves usanzwe ukinira ikipe ya Paris Saint-Germain.

Nuko mu minota y'inyongera y'igice cya mbere, Yoane Wissa, usanzwe ukinira Newcastle nka rutahizamu, yishyurira DRC ku gitego cy'umutwe.

Nubwo Portugal yihariye umukino – ku kigero cya 75% – yashoboye kugerageza amashoti arindwi yonyine yo gutera mu izamu. Ishoti imwe yonyine – y'igitego cyatsinzwe na Neves – ni yo yaboneje mu izamu.