Michelle Bachelet yikuye mu guhatanira kuba umukuru wa ONU

Michelle Bachelet wahoze ari Perezida wa Chili akaba n'umukandida ku mwanya w'umunyamabanga mukuru wa ONU, ubwo yari ageze ahabera impaka mu cyumba cy'inteko rusange ya ONU, i New York, muri Amerika, ku itariki ya 23 Nyakanga (7) mu mwaka wa 2026.

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

Insiguro y'isanamu, Michelle Bachelet ubwo yari ageze ahabera impaka z'abakandida mu cyumba cy'inteko rusange ya ONU i New York, ku itariki ya 23 Nyakanga (7) uyu mwaka
Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 3

Michelle Bachelet wahoze ari Perezida wa Chili yakuyemo kandidatire ye ku mwanya w'umunyamabanga mukuru w'Umuryango w'Abibumbye (ONU/UN), nyuma y'ibyumweru itora ryo gupima uko abakandida bahagaze rimushyize ku mwanya wa karindwi mu bakandida umunani, nkuko bitangazwa n'ibiro ntaramakuru AFP.

Mu butumwa bwa videwo yatangaje ku wa gatandatu ku mbuga nkoranyambaga, Bachelet, wabaye Perezida wa Chili wa mbere w'umugore, yagize ati: "Uyu munsi natangaje ko nafashe icyemezo cyo kudakomeza na kandidatire yanjye ku mwanya w'umunyamabanga mukuru w'Umuryango w'Abibumbye."

"Bamwe bashobora kumva ko igihe cyari kitaragera kuri kandidatire nk'iyi nashakaga guhagararira. Sinicuza kuba narihaye uyu mukoro ukomeye cyane."

Bachelet yashimangiye ko binyuze mu kwiyamamaza kwe kuri uwo mwanya wo kuyobora ONU, yafashije mu gutangiza impaka "ko umunyamabanga mukuru utaha akwiye kuba ari umugore ukomoka muri Amerika y'Epfo".

Mu itangazo yasohoye, leta ya Chili yavuze ko muri Werurwe (3) uyu mwaka yaretse gushyigikira kandidatire ya Bachelet. Kuva icyo gihe, ntiyigeze ishyigikira umukandida n'umwe mu bari mu ihatana.

Leta ya Chili kandi yashimangiye ugushyigikira kwayo "kw'ubufatanye bw'ibihugu n'ivugurura ry'Umuryango w'Abibumbye".

Kugeza ubu mu matora atatu yakozwe mu rwego rutari urw'amatora nyirizina y'umukuru wa ONU, Akanama k'Umutekano ka ONU kagizwe n'ibihugu 15 inshuro ebyiri kashyize imbere uwahoze ari Visi Perezida wa Costa Rica Rebeca Grynspan.

Itora rya gatatu ryashyize imbere Carolyn Rodrigues-Birkett wahoze ari Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Guyana.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Bachelet yari yatanzwe nk'umukandida muri Gashyantare (2) uyu mwaka n'ubutegetsi bw'uwari Perezida wa Chili icyo gihe, Gabriel Boric, ndetse yari ashyigikiwe n'abategetsi baharanira impinduka ba Mexique na Brésil.

Ariko kandidatire y'uwo mugore w'imyaka 74, wo mu murongo w'ibitekerezo byo gushaka impinduka, yatakaje imbaraga nyuma yuko Perezida mushya wa Chili José Antonio Kast, wo mu murongo w'ubuhezanguni mu gukomera ku bya kera, aretse gushyigikira kandidatire ya Bachelet.

Mbere yaho muri uku kwezi kwa Nzeri (9), ubwo yavugiraga mu gikorwa cyo kuri kaminuza, Bachelet yagaragaye nk'uwemera ko afite intege nkeya muri iryo hatana, atera urwenya ko afite amahirwe macye yo kuyobora ONU.

Nta mugore n'umwe wari wayobora ONU mu myaka 80 imaze ishinzwe, ndetse kuva yabaho imaze kuyoborwa n'ukomoka muri Amerika y'Epfo umwe gusa: Umunya-Peru Javier Pérez de Cuéllar, wabaye umunyamabanga mukuru wa ONU kuva mu mwaka wa 1982 kugeza mu mwaka wa 1991.

Hashingiwe ku mikorere idafite aho yanditse – idakurikizwa buri gihe – umwanya w'umukuru wa ONU ugenda usimburanwaho n'abo mu bice binyuranye by'isi. Kuri iyi nshuro, Amerika y'Epfo ni yo igezweho.

Gukuramo kandidatire kwa Bachelet gutumye abagore bane n'abagabo batatu – barimo Umunya-Uganda Olara Otunnu n'Umunya-Sénégal Macky Sall – ari bo basigaye bahatanira gusimbura umunyamabanga mukuru wa ONU uriho ubu, Umunya-Portugal António Guterres, w'imyaka 77, uzarangiza manda ye ya kabiri y'imyaka itanu ku itariki ya 31 Ukuboza (12) uyu mwaka.