Umukire wa mbere muri Afurika yashyize ku isoko imigabane ya mbere myinshi muri Afurika

Ahavuye isanamu, Reuters
- Umwanditsi, Mansur Abubakar
- Yakoze inkuru ari, I Abuja
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
Umunya-Nigeria Aliko Dangote utunze za miliyari z'amadolari y'Amerika yatangije igurisha ry'imigabane rya mbere rinini cyane muri Afurika ryo gutuma abaturage bagira umugabane mu ruganda rwe rutunganya ibikomoka kuri peteroli, mu gikorwa gishobora kubonekamo agera kuri miliyari 2.1 z'amadolari y'Amerika.
Igurisha ry'imigabane rya mbere (rizwi nka 'initial public offering', IPO) rifite agaciro kagera hafi kuri 3% by'agaciro k'uruganda rwe 'Dangote Refinery' rutunganya ibikomoka kuri peteroli, uwo muherwe akaba avuga ko ashaka guha Abanya-Nigeria basanzwe amahirwe yo kugira icyo bungukira ku byo urwo ruganda rwagezeho.
Urwo ruganda, rwatangiye gukora mu mwaka wa 2024, ni rumwe mu nganda nini cyane ku isi zitunganya ibikomoka kuri peteroli ndetse rwubatswe mu gihe cy'imyaka irenga 10.
Ubu ni rwo rutanga ingufu zirenga 70% by'ingufu zose Nigeria ikoresha, ndetse Abanya-Nigeria benshi bagaragaje ko bishimiye kuba bashobora kugira umugabane muri urwo ruganda.
Umwe muri bo ni Isah Salisu, wabwiye BBC ko yabikuje ama-naira (akoreshwa muri icyo gihugu) 50,000 – angana na 55,000 uyavunje mu mafaranga y'u Rwanda – yari yarizigamiye muri banki, kugira ngo ayashore muri urwo ruganda.
Yagize ati: "Icyizereye cyanjye ni uko amafaranga yanjye macye umunsi umwe aziyongera. Sinshaka gucikanwa kuko benshi nzi na bo barimo kuyashora."
Iryo gurisha ry'imigabane rya mbere, rizwi nka IPO mu mpine y'Icyongereza, rimara ukwezi kumwe kandi imigabane micye cyane ishoboka umuntu ashobora kugura ni imigabane 10, buri umwe ugura amadolari hafi ane y'Amerika, ni ukuvuga agera hafi ku 6000 FRW.
Dr Abdulrazak Ibrahim Fagge, inzobere mu bukungu no mu bucuruzi, yabwiye BBC ko icyo gikorwa, cyabaye ku wa mbere, cyanditse amateka.
Ariko yaburiye abashoramari ko igiciro cy'imigabane gishobora kumanuka, bisobanuye ko abantu bashobora gutakaza amwe mu mafaranga yabo.
Yagize ati: "Icyo abashaka kugura [imigabane], cyane cyane abagura ku nshuro ya mbere, bakwiye kumenya ni uko badakwiye gushora amafaranga yabo yose cyangwa amafaranga bazacyenera nko mu mezi nk'abiri gutyo ari imbere."
"Bakwiye gushora ikintu batazacyenera mu myaka itatu, ine, itanu iri imbere."
Yanaburiye abantu kuba maso ku batekamutwe, avuga ko hari abantu bazashaka gufatirana no kungukira ku badafite ubumenyi buhagije ku buryo ibi bintu bikorwamo.
Yagize ati: "Ndagira abantu inama yo gukorana gusa n'ibigo byashyizwe ku rutonde."
Nigeria ni cyo gihugu cya mbere muri Afurika gicukurwamo ibikomoka kuri peteroli byinshi cyane ariko kugeza ubwo urwo ruganda rwafungurwaga, byinshi mu bikomoka kuri peteroli byakoreshwaga muri icyo gihugu byabaga ngombwa ko bitumizwa mu mahanga kubera ko nta bushobozi buhagije bwari buriho bwo gutunganya ibikomoka kuri peteroli bicukurwa mu gihugu.

Ahavuye isanamu, Getty Images
Dangote, w'imyaka 67, wavukiye muri leta ya Kano mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, afite umutungo wa miliyari 28 z'amadolari y'Amerika, nkuko bitangazwa n'ikinyamakuru Forbes.
Ubukire bwe bwavuye mu bucuruzi bwa sima n'isukari muri Nigeria, nyuma buza kwaguka bugera mu bindi bihugu 16 byo muri Afurika.
Kompanyi ye, Dangote Cement, ni yo ya mbere ikora sima nyinshi cyane muri Afurika.
Urwo ruganda rw'i Lagos rutanganya ibikomoka kuri peteroli rwatangajwe bwa mbere mu mwaka wa 2013, icyo gihe byagereranywaga, mu buryo bw'ibanze, ko ruzatwara miliyari 19 z'amadolari y'Amerika mu kurwubaka. Ariko ibikorwa byo kurwubaka byatangiye mu mwaka wa 2017. Ibyo bikorwa byo kurwubaka byongeye gutinzwa n'icyorezo cya Covid-19.
Aho rwubatse, mu gace k'inganda ka 'Lekki Free Zone' kari hafi y'i Lagos, byasabye ko ubutaka bunini cyane bwaho butunganywa, hakurwa umucanga (umusenyi) ungana na metero kibe (m³) miliyoni 65.
Urwo ruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli rufite ubushobozi bwo gutunganya utugunguru 650,000 ku munsi, ibyo bituma ruba uruganda rwa karindwi runini cyane ku isi.
Byitezwe ko amafaranga azava muri iryo gurisha ry'imigabane azafasha mu gukuba kabiri ubwo bushobozi bwarwo.












