Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Ni iki Kagame yaganiriye na Samia mu ruzinduko yagiyemo i Dar es Salaam?
Iruhande rw'ibyatangajwe nk' "ubuvandimwe, guturana neza, n'amateka maremare y'ubucuti" cyangwa "ubufatanye mu bukungu, ishoramari n'umutekano" abategetsi nk'aba iyo bahuye mu bihe nk'ibi kenshi baganira ibirenze ibisohoka mu matangazo.
Perezida Paul Kagame yaherukaga mu ruzinduko nk'uru kureba mugenzi we Samia muri Tanzania muri Mata(4) 2023, icyo gihe mu byari biriho impande zombi zari zikeneye kuganira ku ntambara mu burasirazuba bwa RD Congo – ikibazo ku butegetsi bwa Perezida Jakaya Kikwete cyateje umwuka mubi hagati ya Kigali na Dodoma.
Nubwo iyo ntambara muri DR Congo itararangira, kimwe mu byo Samia na Kagame bashobora kuba banaganiriye ni igihangayikishije isi yose, akarere, n'u Rwanda – rudakora ku nyanja. Icyo ni ingaruka z'intambara ya Amerika na Israel muri Iran.
Mu byo yatanzaje nyuma yo kubonana na Perezida Kagame, Perezida Samia yavuze ko u Rwanda rucisha 70% y'ibyo rukura mu mahanga ku byambu biri ku nyanja bya Tanzania, kandi ko ubucuruzi hagati y'ibihugu byombi bwageze kuri miliyari 644 z'amashilingi ya Tanzania (hafi miliyoni 250 US$) mu mwaka ushize.
Mu Rwanda, ubu ibitoro bigeze ku giciro bitegeze bigeraho mbere aho litiro imwe ya lisansi igeze hafi ku 3,000Frw. Ibyo si umwihariko w'u Rwanda niko bimeze no mu karere, no muri Tanzania.
Ariko mu gihe ibitoro by'u Rwanda byagera ku byambu bya Tanzania no mu mihanda yayo bigacibwa andi mafaranga atandukanye n'imisoro cyangwa andi mananiza – ibizwi nka 'non-tariff barriers' - icyo giciro cy'ibitoro mu Rwanda gishobora no kuzamuka kurushaho.
'Non-tariff barriers' (NTBs) ni ibiguzi bitari imisoro isanzwe bishyirwa ku bicuruzwa; nk'ibijyanye n'uburenganzira (licensing), amabwiriza, ubuziranenge n'ibindi bituma kwinjiza, gusohora no kugurisha ibicuruzwa mu bihugu bishobora kugorana no guhenda.
Ibiro bya Perezida Samia byatangaje ko we na Kagame bumvikanye "kongera imbaraga mu mihate yo gukuraho ingorane mu bucuruzi, harimo na 'non-tariff barriers'".
Nubwo Tanzania na yo ifite ingorane zayo, u Rwanda ruhangayikishijwe kurushaho n'ingaruka z'ihungabana ry'ubucuruzi bw'ibitoro kandi rwafashe ingamba zirimo gushishikariza abantu kugabanya ingendo zitari ngombwa, kugenda n'imodoka rusange, no kugabanya gaze abantu batekesha.
Kimwe mu byafasha u Rwanda gukomeza guhangana na ziriya ngaruka harimo kwirinda ko aho ibitoro na gaze rugura binyura ko byongerwaho ikindi kiguzi, aho ahanini ni muri Tanzania.
Iki gishobora kuba kimwe mu by'ingenzi byahagurukije Paul Kagame akerekeza i Dar es Salaam kuganira na mugenzi we Samia Suluhu.
Perezida Samia yatangaje ko Tanzania "izakomeza gufasha imizigo yerekeza mu Rwanda" muri "serivisi zihariye" zo ku byambu.
Bigendanye n'ishoramari no koroshya ubwikorezi hagati y'ibihugu byombi, Samia na Kagame baganiriye kandi ku mushinga umaze igihe kirekire w'inzira ya gariyamoshi yo kuva Isaka – umujyi muto uri hagati ya Kahama na Shinyanga mu burengerazuba bushyira amajyaruguru ya Tanzania, hamwe na Kigali.
Muri Mutarama(1) 2018 uwari perezida wa Tanzania utakiri mu buzima - John Pombe Magufuli – yatangarije abanyamakuru ko muri uwo mwaka iyo nzira ya Gariyamoshi hagati ya Isaka na Kigali itangira kubakwa. Hari mu kiganiro n'abanyamakuru amaze kuganira na Paul Kagame wari mu ruzinduko rusa nk'uru i Dar es Salaam.
Uwo mushinga w'inzira ya 450 km zirimo 275 km muri Tanzania na 175 km ku ruhande rw'u Rwanda ntabwo uratangira kubakwa, Samia na Kagame – mu byataganjwe baganiriye – birinze kuba nko mu 2018, nta birambuye batangaje kuri wo.
Gusa bombi bashobora kuba – mu kuganira kwabo – bishimiye umushinga w'amashanyarazi uheruka kuzura ku ruzi rwa Rusumo uhuriweho na Tanzania, u Rwanda n'u Burundi ubu utanga megawatts 80 zisaranganywa hagati y'ibi bihugu.
Nyuma yo kwakira Kagame, kuri uyu wa mbere biteganyijwe ko Perezida Samia yakira n'umuturanyi we wo mu majyaruguru, William Ruto wa Kenya, ujya i Dodoma mu ruzinduko rw'iminsi ibiri.