Trump avuga ko Amerika igiye 'kuyobora' amato yaheze mu muhora wa Hormuz akahava
Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko Amerika izafasha mu kuyobora amato yaheze mu muhora wa Hormuz akahava guhera kuri uyu wa mbere.
Perezida Trump yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ati: “Ku neza ya Iran, Uburasirazuba bwo Hagati, na Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika], twabwiye ibi Bihugu ko tuzayobora Amato yabyo mu mutekano akava muri Nzira zo mu mazi zabujijwe, kugira ngo ashobore gukomeza mu bwisanzure kandi mu buryo ashoboye imirimo yayo.” Ntiyasobanuye ibyo bihugu ibyo ari byo.
Trump yavuze ko ukwivanga uko ari ko kose muri icyo gikorwa cya gisirikare (operation), yise “Project Freedom”, cyangwa “Umushinga w’Ubwisanzure” ugenekereje mu Kinyarwanda, “kugomba guhashywa n’imbaraga”.
Iran yagabanyije cyane ingendo z’amato anyura muri iyo nzira yo mu mazi y’ingenzi cyane, kuva intambara n’Amerika itangiye muri Gashyantare (2) uyu mwaka. Amerika na yo yakumiriye amato mu mazi ku byambu bya Iran.
Ebrahim Azizi, Depite ukomeye mu nteko ishingamategeko ya Iran, wahoze ari umukuru w’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran witwa ‘Islamic Revolutionary Guards Corps’, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ko “ukwivanga uko ari ko kose kw’Amerika” kuzafatwa ko ari “ihonyora ry’agahenge”.
Mu butumwa bwe, Trump yanavuze ko abahagarariye Amerika barimo kugirana ibiganiro “byiza cyane” na Iran, kandi ko ibyo biganiro “bishobora kugeza ku kintu cyiza cyane kuri bose”.
Trump yongeyeho ko icyo gikorwa kizaba ari “ikimenyetso cy’ubumuntu” gikozwe mu izina ry’Amerika, Iran n’ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, ariko ntiyabirondora. Nta yandi makuru yatanze ku kuntu ubufatanye na Iran buzakorwa.
Rumwe mu nzego nkuru z'imirwano z’ingabo z’Amerika (US Central Command) rwavuze ko abasirikare 15,000, amato y’intambara ashwanyaguza ibisasu bya misile hamwe n’indege zirenga 100 ari byo bizakoreshwa muri “Project Freedom”.
Izindi nkuru wasoma: