'Ebola yatwishe urubozo': Ubwoba mu burasirazuba bwa RD Congo mu gihe icyorezo gikomeje gukwirakwira

    • Umwanditsi, Emery Makumeno
    • Igikorwa, BBC Africa
    • Yakoze inkuru ari, Kinshasa
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 6

Ubwoba bwatashye abantu mu duce two mu burasirazuba bwa DR Congo twibasiwe na Ebola, mu gihe umubare w'abakekwa ko yishe n'abayanduye gupfa ukomeje kwiyongera.

Abategetsi bavuga ko bari kugorwa no kugendana n'ikwirakwira ryihuta ry'iki kiza, kandi bakeka ko cyari kimaze igihe gikwirakwira bucece mbere y'uko gitahurwa mu mpera z'ukwezi gushize.

"Ebola yatwishe urubozo," ni ko umushoferi uri mu myaka 30 y'ubukure yavugiye mu gace ka Rwampara gacukurwamo zahabu iruahnde rw'umujyi wa Bunia umurwa mukuru wa Ituri.

Yakomeje agira ati: "Mfite ubwoba kuko abantu bari gupfa vuba cyane… Turatinye cyane."

Nyuma y'uruzinduko rwakorewe mu ntara ya Ituri, ari na yo ndiri y'iki kiza, mu mpera z'icyumweru gishize, Minisitiri w'Ubuzima wa Congo, Dr Samuel Roger Kamba, yavuze ko amakipe y'abashinzwe ubuzima ari kugerageza kugendana n'iki cyorezo, kandi ko bishoboka ko iki kiza cyatangiye gukwirakwira mbere y'itariki ya 24 Mata ubwo cyatahurwaga bwa mbere.

Umuntu wa mbere ukekwa ko yatangije iki cyorezo ni umuforomokazi wapfiriye mu mujyi wa Bunia, ariko agashyingurwa i Mongwalu hafi ya Bunia. Aho ni ho havuye benshi mu bakekwaho kwandura n'abakekwa ko ari yo yabishe nyuma, kimwe no muri Rwampara ituranye na ho.

Umuturage wa Rwampara witwa Fred Kiza yabwiye BBC ati: "Hari ubwoba," asobanura ariko ko ari "ibisanzwe iyo hari indwara nk'iyi."

Yongeyeho ati: "Byaba byiza baduhaye udupfukamunwa kugira ngo twirinde."

Kugeza ku wa Kabiri, hari abantu 514 bakekwaho kuba baranduye, naho 136 bakekwa ko bishwe n'iyo virusi, nk'uko abishinzwe babitangaje. Umuntu umwe na we yapfiriye i Kampala muri Uganda.

Hari kandi abanduye bagaragaye mu mujyi wa Butembo, n'umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu ya Ruguru ugenzurwa na M23, ikekwa kandi no mu ntara ya Kivu y'epfo.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko hari abantu benshi bapfiriye mu miryango yabo batabimenyesheje inzego zibishinzwe, bityo bikaba bitarashobotse gukora iperereza ku mpfu zabo icyo gihe.

Nk'uko minisiteri y'ubuzima ibivuga, amakuru yemewe yaturutse mu baturage yatangiye kwakirwa gusa kuva ku wa 8 Gicurasi(ukwa 5).

Dr Kamba yasobanuye ko: "Ku rwego rw'abaturage, uburyo bwo gutanga amakuru butakoraga neza."

Yakomeje agira ati: "Bisobanuye ko hari ushobora kuba yarapfuye mbere y'uriya muntu ukekwa ko ari we watangiye icyorezo, cyangwa hari undi wari wararwaye mbere ye, ariko nta wabimenyesheje.

"Dukeneye rwose kureba neza mu baturage kugira ngo twumve neza icyabaye, uburyo abantu barwaye ndetse rimwe na rimwe bakanapfa nta raporo n'imwe itanzwe."

Virusi yihisha ahagaragara

Iki cyorezo cyatewe n'ubwoko bushya bwa Ebola bwahawe izina rya Bundibugyo.

DR Congo, iri guhura n'icyorezo cya Ebola ku nshuro ya 17, isanzwe imenyereye cyane ubwoko bwa Zaïre.

Mbere, ubwoko bwa Bundibugyo bwigeze gutera ibyorezo bibiri gusa mbere, mu 2007 no mu 2012 aho bwahitanye hafi 30% by'ababwanduye.

Dr Kamba yasobanuye ibimenyetso by'iyi ndwara ati: "Habaho kuva amaraso menshi hose ku mubiri ndetse n'umuriro mwinshi cyane.

"Ariko ubwoko bwa Bundibugyo bushobora kugaragaza ibimenyetso bike bitagaragara cyane, bigatuma gutahura indwara bitinda kuko abantu bavuga bati: 'Oya, buriya ni malaria gusa.'"

Abayobozi bavuga ko uko gutinda ari byo bishobora kuba byaratumye virusi ikwirakwira bucece.

I Mongwalu, hari urupfu rw'abantu bamwe rwashyizwe ku burozi aho gushyirwa ku ndwara.

Iyo myemerere yaje kumenyekana nk'"ikibazo cy'isanduku y'umurambo" — igitekerezo cy'uko umuntu wese ukoze ku isanduku y'uwapfuye na we yahitaga apfa.

Umuryango mpuzamahanga wita ku bana wa Save the Children wavuze ko ubwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo butari bwarigeze bugaragara mu ntara ya Ituri mbere.

Ibipimo bike byari bihari muri iyo ntara byapimaga gusa ubwoko bwa Zaïre, kandi ibisubizo ntibyagaragazaga ko hari Ebola.

Uhagarariye Save the Children muri Democratic Republic of the Congo, Greg Ramm, yavuze mu itangazo ati: "Igihe ubwoko bwa Bundibugyo bwatahurwaga, bwari bumaze gukwirakwira kure cyane. Turacyari inyuma mu kugerageza kubufata."

Abategetsi baburira ko gukwirakwira kw'iyi virusi mu mijyi minini bishobora guteza ibibazo bikomeye cyane.

Nubwo Dr Samuel Roger Kamba yagiriye uruzinduko i Bunia mu mpera z'icyumweru gishize, abaturage bavuga ko ibikorwa byo gukumira ikwirakwira ry'iyi ndwara bigenda buhoro

Umuturage umwe yabajije ati: "Niba nta kigo cyihariye cyo kuvura Ebola kiri hano mu murwa mukuru w'intara, none se ubwo ahandi ho bizagenda bite?"

Bunia muri Ituri, hamwe na Butembo na Goma muri Kivu ya ruguru, bituwe n'ibihumbi amagana by'abantu, ariko nta na hamwe haragira ikigo gikora neza cyo kuvura Ebola, kandi hashize iminsi itanu gusa hatangajwe iki kiza.

Abaturage bo muri Goma, umujyi munini wo mu burasirazuba bwa DR Congo babwiye BBC ko amabwiriza y'ibanze yo kwirinda indwara, nko kwirinda gusuhuzanya bakorakorana mu ntoki, kugabanya amateraniro no gukaraba intoki buri gihe, atubahirizwa cyane.

José Mutanava, umunyamakuru wo muri ako gace, yagize ati: "Ndi mu nzira njya ku mupaka gutara amakuru ku bantu baheze aho. Njye nambaye agapfukamunwa, ariko si benshi bakambaye."

Undi muturage wanze ko amazina ye atangazwa yavuze ko: "Nta muntu ushobora gukurikiza amabwiriza yo kwirinda, wenda abantu bazabikora ari uko tubonye impfu nyinshi."

Yongeraho ati: "Uyu munsi mu mujyi rwagati nabonye abantu bane gusa bambaye udupfukamunwa."

Abandi bavuga ko ikibazo cyo gushaka ibibatunga buri munsi ari cyo baha umwanya wa mbere.

Umuturage umwe yavuze ati: "Biragoye gusaba abantu bafite ikibazo cyo kubona ibyo kurya gukurikiza aya mabwiriza.,"

Uburasirazuba bwa DR Congo bumaze igihe bwugarijwe n'intambara, ibintu bikomeza kongera imbogamizi mu guhangana n'iki cyorezo.

Save the Children yavuze ko iki cyorezo cya Ebola ari "ikindi kibazo gikomeye cyiyongereye ku bibazo byinshi bisanzwe bihari."

Uyu muryango wongeyeho uti: "Iki cyorezo kiri mu gace karimo intambara, ikibazo cy'ubutabazi bw'ikiremwamuntu, hamwe n'ibihumbi byinshi by'abavuye mu byabo, kandi uburyo bwo kwita ku buzima bw'abantu busanzwe bwaramaze gusenyuka cyane.

Kugeza ubu, uduce tune twibasiwe turi mu ntara ya Ituri: Mongwalu, ari na ho iki cyorezo cyatangiriye, ndetse na Bunia, Rwampara na Nyakunde.

Muri Kivu y'Amajyaruguru, Goma igenzurwa n'umutwe w'inyeshyamba wa M23, naho Butembo, umujyi wa kabiri munini muri iyo ntara, na wo ugerwaho n'ibikorwa by'imitwe yitwaje intwaro.

Leta y'Amerika zatangaje ubufasha bwihutirwa bwa miliyoni 13 z'amadolari ya Amerika bugenewe DR Congo na Uganda, kandi zivuga ko ziri gutekereza ku yandi mafaranga zizatanga binyuze mu kigega cya Loni cy'ubutabazi bwihutirwa, hamwe no gushyiraho amabwiriza y'ingendo ajyanye n'iki cyorezo.

Umunyamerika umwe, Dr Peter Stafford, ari mu banduye nyuma yo gusanganwa virusi igihe yakoreraga mu bitaro bya Nyakunde muri Ituri.

Itsinda ry'abamisiyoneri b'Abakirisitu ryitwa Serge, bari bakorana, ryavuze ko uwo muganga, umugore we ndetse n'undi mukozi mugenzi wabo bari barimo kuvura abarwayi igihe iki cyorezo cyatangiraga.

Nk'uko Ikigo cya Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara, Centers for Disease Control and Prevention (CDC), kibivuga, umwe mu baturage ba Amerika yajyanywe mu Budage kugira ngo avurwe, kandi kiri gukora iishoboka ngo nibura abandi Banyamerika batandatu bahuye n'iyi virusi na bo bakurwe muri ako gace.

Ku Cyumweru, World Health Organization yatangaje ko iki cyorezo ari ikibazo cy'ubuzima rusange gihangayikishije isi yose, nyuma y'uko habonetse abanduye byemejwe ku wa 15 Gicurasi (ukwa 5).

Kugeza ubu, abayobozi ba Congo bavuga ko bashingira ku bunararibonye bakuye mu byorezo byabanje ndetse n'ingamba z'ubuzima rusange mu guhangana n'iki cyorezo cya 17 cya Ebola igihugu cyabo gihuye na cyo.