Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Iran yageze muri Pakistan mu gihe intumwa z'Amerika zitezwe kujyayo

Ahavuye isanamu, Iranian Ministry of Foreign Affairs
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Iran Abbas Araghchi ari muri Pakistan, ariko nta gahunda ihari y'inama itaziguye hagati y'Amerika na Iran, nkuko bivugwa na Esmail Baqaei, umuvugizi wa minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran.
Minisitiri Araghchi yahuye n'umugaba mukuru w'ingabo za Pakistan Maréchal Asim Munir.
Araghchi yavuze ko nyuma y'inama ze muri Pakistan, yerekeza muri Oman no mu Burusiya. Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko intego ari "guhuza ibikorwa n'abafatanyabikorwa bacu ku bibazo by'ibihugu bibiri no kugisha inama ku birimo kuba mu karere".
Igitangazamakuru cya leta ya Iran cyatangaje ko Pakistan ishobora gukora nk'"iteme" ryo "gutanga uko Iran ibona intambara yarangizwa".
Ibiro bya perezida w'Amerika – byitwa White House – bivuga ko intumwa yihariye y'Amerika Steve Witkoff na Jared Kushner, umukwe wa Perezida w'Amerika Donald Trump, bajya muri Pakistan ku wa gatandatu mu biganiro na Iran, mu gihe Visi Perezida w'Amerika JD Vance yiteguye kubyitabira.
Ariko ntibisobanutse niba hari icyo – niba kinahari – bashobora kugeraho.
Ibiganiro by'amahoro by'icyiciro cya kabiri byari byitezwe kuba hagati y'Amerika na Iran ku wa kabiri w'iki cyumweru, byaburijwemo nyuma yuko Iran – yari yarubiye kubera ko Amerika yazibiye ibyambu byayo – igaragaje ko itari icyiteguye gukomeza.

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ku busabe bwa Pakistan, Trump yaje kongera igihe cy'agahenge k'ibyumweru bibiri kugira ngo Iran ibone ikindi gihe cyo gukora gahunda yayo yo kurangiza intambara, ndetse Karoline Leavitt, umunyamabanga ushinzwe gutangaza amakuru yo muri White House, yabwiye abanyamakuru ko kuva icyo gihe Iran yatanze ubutumwa kuri Amerika, yongeraho ko iminsi micye ishize yabayemo gutera "intambwe runaka" iganisha ku biganiro.
Nyuma gato yuko Minisitiri w'ububanyi n'amahanga wa Iran Abbas Araghchi ageze mu murwa mukuru Islamabad wa Pakistan, leta ya Iran yasobanuye ko ari yo gusa ku bw'ibiganiro hagati y'impande zombi – Iran na Pakistan – ndetse ko atitabira ibiganiro bitaziguye n'Amerika.
Ibyo bisobanuye ko ubutumwa ubwo ari bwo bwose bwa Iran byasaba ko butangwa binyuze ku bahuza b'Abanya-Pakistan, ibyo bikaba bituma amahirwe yuko hari intambwe ikomeye yaterwa akanya ako ari ko kose adashoboka na gato.
Trump yavuze ko nta kimwihutisha mu kugera ku masezerano yo kurangiza intambara, ariko mu gihe ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli birimo kwiyongera, ndetse n'ikigero cyo gukundwa kwe n'abaturage mu gihugu kikaba kirimo kugabanuka, igitutu cyo kugera ku masezerano kirimo kwiyongera.
Ku wa gatanu, Perezida Trump yatanze amakuru mashya ku biganiro na Iran.
Trump yabwiye ibiro ntaramakuru Reuters ko Iran irimo "gutanga icyifuzo kandi tuzareba", ariko ntiyari bwamenye icyo cyifuzo icyo ari cyo.
Mu kiganiro kuri telefone, Trump yatanze amakuru macye ajyanye n'abategetsi ba Iran Amerika irimo kuganira na bo, ariko yavuze ko itsinda rye ririmo kuganira "n'abantu bafite ubutegetsi ubu" muri Iran.
Perezida w'Amerika yongeyeho ko Iran ishaka kuganira ndetse ko irimo kureba niba hari amasezerano yabaho, kandi ko iteganya gutanga icyifuzo kigamije gucyemura ubusabe bw'Amerika.













