DR Congo: Harimo kuba 'imirwano ikomeye' hafi ya Rubaya

Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu haramutse ‘imirwano ikomeye’ hagati y’umutwe wa M23 n’ingabo za leta zifatanyije na Wazalendo mu duce turi hafi ya Rubaya muri teritwari ya Masisi, nk’uko abari muri ako gace babitangaza.
Ramadhani Kakule umwe mu bagize sosiyete sivile ya teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu ya Ruguru yabwiye BBC mu butumwa bwanditse ko “imirwano ikomeye yubuye kuva kare uyu munsi i Kinigi na Kavuta”.
Utwo ni uduce turi mu ntera igera kuri 30 km mu burengerazuba bwa centre ya Rubaya izwi cyane ku bucukuzi mu birombe byinshi by’amabuye y’agaciro yiganjemo coltan.
Kakule avuga ko iyo mirwano idatangiye uyu munsi kuko “urebye imaze ibyumweru barwana basubika, bakongera bakarwana”.
Avuga ko abantu ibihumbi bamaze guhunga utwo duce kandi “twiteze ko n’abandi benshi bari buze guhunga uyu munsi”.
Muri iki cyumweru amakuru amwe yavuze ko ingabo za leta na Wazalendo bakuye abarwanyi ba M23 mu gace ka Kinigi, ariko nta ruhande na rumwe muri izi rwabyemeje.
Imirwano ya hato na hato - irimo gukoresha n’indege z’intambara na drones - yakomeje kuvugwa hagati y’impande zombi mu duce dutandukanye tw’intara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo. Imirwano yateye imfu z’abasivile no guhunga.
Impande zombi zishinjanya kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, buri ruhande rukavuga ko ari rwo rwatewe mbere n’urundi.
Ingabo za leta zivuga ko zirimo kurwana n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’umutwe wa M23, uruhande rw’u Rwanda ruvuga ko ingabo za Kinshasa zifatanya n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali.
Ibyo impande zombi zishinjanya byemejwe n’inzobere za ONU muri raporo zabo zitandukanye zo mu myaka ishize.
Izindi nkuru wasoma:








