Imiryango y’abana bamaze hafi iminsi 100 bashimuswe yakoze imyigaragambyo muri Nigeria
Ku wa kane, ababyeyi b’abana bashimuswe muri leta ya Borno, mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Nigeria, bakoze imyigaragambyo mu mujyi wa Uba, basaba ubutegetsi bwa Nigeria kugira icyo bukora kugira ngo abo bana barekurwe, nyuma yo kumara hafi iminsi 100 bashimuswe nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters.
Abo bana bashimuswe mu mashuri yabo ku itariki ya 15 Gicurasi (5), mu gace ka Mussa, kari hafi y’ishyamba rya Sambisa, rimaze igihe ari igicumbi cy’abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro.
Iyo myigaragambyo yagaragaje ukutishimira ishimutwa ry’abantu rikomeje kuba muri iki gihugu nubwo hashize imyaka myinshi ingabo za Nigeria zikora ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe ya Boko Haram na Islamic State West Africa Province (ISWAP) mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bw’igihugu.
Nubwo iyo mitwe itakigira imbaraga nk'izo yagiraga mbere, iracyagaba ibitero ku baturage, ku mashuri no ku nzego z'umutekano muri Borno no mu zindi leta zituranye.
Iri shimutwa ryakurikiwe n’ikindi gitero cyabereye hafi aho, mu gace ka Lassa, ku itariki ya 29 Kamena (6).
Muri icyo gitero, abanyeshuri 36 n’umwarimu umwe na bo barashimuswe kandi kugeza ubu ntibararekurwa.
Mu kwezi gushize, abategetsi batangaje ko abana b’abanyeshuri bari barashimuswe n’abagizi ba nabi mu mashuri yo muri leta ya Oyo, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Nigeria, babashije kubarekura nyuma yo kumara hafi amezi abiri bagifunzwe.
Umuvugizi wa Polisi yavuze ko “igisirikare kiri gukurikirana iki kibazo”, ariko yanga kugira ibindi bisobanuro atanga, asaba ko ibibazo byose byerekeye iki kibazo bibazwa igisirikare.
Izindi nkuru wasoma: