IKIBIRIRAHO, Perezida Samia na Perezida Tshisekedi baganiriye ku bucuruzi, ishoramari n'umutekano w'akarere
Uru ruzinduko rubaye mu gihe umutekano mu burasirazuba bwa Congo ukomeje kuba ingorabahizi, aho ingamba za dipolomasi zibanda ku gushaka umuti urambye w'amakimbirane.
Umuvandimwe wa Bashar al-Assad yakatiwe igihano cy'urupfu muri Syria
Ahavuye isanamu, Social Media
Urukiko rwo muri Syria rwakatiye Wassim al-Assad, mubyara w'uwahoze ari Perezida wa Syria Bashar al-Assad, igihano cy'urupfu.
Wassim al-Assad yahamwe n'ibyaha byinshi, birimo ubwicanyi bwateguwe, byakozwe mu ntambara ya Syria. Yatawe muri yombi muri Kamena.
Iki cyemezo gifashwe nyuma y'icyumweru kimwe Bashar al-Assad na murumuna we nabo bakatiwe igihano cy'urupfu badahari, nyuma yo gushinjwa ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Bashar al-Assad n'umuryango we bahungiye mu Burusiya nyuma y'uko ingabo zirwanya ubutegetsi bw'igitugu zinjiye mu murwa mukuru Damas mu Ukuboza 2024, zihagarika ubutegetsi bw'umuryango we bwari bumaze imyaka irenga 50 muri icyo gihugu.
Perezida Samia na Tshisekedi baganiriye ku bucuruzi, ishoramari n'umutekano w'akarere
Ahavuye isanamu, IKULU
Insiguro y'isanamu, Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan ari mu ifoto ari kumwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo nyuma yo kugera mu Ngoro y’Igihugu ya Zanzibar, ku ya 18 Kanama 2026
Perezida wa Tanzani Samia Suluhu Hassan, yakiriye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Felix Tshisekedi, mu Ngoro y'Igihugu ya Zanzibar, mu ruzinduko rw'akazi rw'iminsi ibiri akorera muri Tanzania
Ibiganiro by'abo bayobozi byibanze ku gushimangira ubucuruzi n'ishoramari, urwego rw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro n'ingufu, ndetse n'ibibazo by'umutekano mu karere.
Perezida Samia yavuze ko banaganiriye ku kibazo cy’umutekano muri Congo, ndetse anashimira Tshisekedi ku bw’imbaraga ze zo kuzana amahoro n’ituze mu gihugu cye.
Perezida Samia yagize ati: “Uretse kuganira ku kibazo cy’umutekano muri Congo, nashimiye Nyakubahwa Perezida Tshisekedi ku bw’imbaraga ze zo kuzana amahoro n’ituze, ndetse no gushaka ibisubizo birambye ku bibazo by’umutekano.”
Uru ni uruzinduko rwa gatatu Tshisekedi akoze muri Tanzania kuva yajya ku butegetsi mu 2019.
Uru ruzinduko rubaye mu gihe umutekano mu burasirazuba bwa Congo ukomeje kuba ingorabahizi, aho ingamba za dipolomasi zibanda ku gushaka umuti urambye w'amakimbirane.
Ahavuye isanamu, IKULU
Insiguro y'isanamu, Prezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan asuhuza umushyitsi we, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo nyuma yo kugera mu Ngoro y’Igihugu ya Zanzibar, ku ya 18 Kanama 2026.
Ahavuye isanamu, IKULU
AU iraburira ibihugu by'amahanga kureka 'gukongeza umuriro' mu ntambara muri Sudan
Ahavuye isanamu, AU/X
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, AU, waburiye ko kwivanga kw’amahanga mu ntambara yo muri Sudani, harimo no gushyiraho guverinoma itavuga rumwe n'ubutegetsi, bishobora gutuma intambara idashira.
Uyu muburo watanzwe mu ruzinduko rw'iminsi ibiri rw'intumwa z'Akanama k'Amahoro n'Umutekano ka AU muri Sudani, rugamije gushishikariza guhagarika imirwano, koroshya uburyo bwo kubona inkunga y'ubutabazi no kubyutsa ibiganiro by'amahoro.
Mu biganiro bagiranye n'umugaba w'ingabo za Sudani, Abdel Fattah al Burhan, i Khartoum, intumwa zashimangiye ko ibiganiro n'igisubizo cya politiki kiyobowe na Sudani ari byo byonyine bizafasha mu kugera ku mahoro arambye.
Sudani imaze igihe iri mu ntambara kuva mu 2023. Ingabo zigenzura igice kinini cya Khartoum n'uturere two hagati mu gihugu, mu gihe ingabo zishinzwe ubufasha bwihuse, RSF, zigenzura uduce dunini twa Darfur.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Afurika usaba ko habaho impinduka muri politiki ziyobowe na Sudani, nyuma hakazabaho guverinoma igendera ku itegeko nshinga binyuze mu matora.
Ugamije kandi gushyira igitutu ku ngabo za Sudani, SAF, za RSF, kwemera guhagarika imirwano, kwemeza ko inkunga igera ku bayikeneye, no kurinda inzira ya politiki izafasha abaturage ba Sudani kumenya ahazaza h'igihugu cyabo badagenzuwe n'imitwe ibiri yitwaje intwaro.
Nubwo ubuhuza buyobowe n’Abanyafurika bwagize icyo bugeraho mu yandi makimbirane, amakimbirane ya Sudani aracyari ikibazo gikomeye. Bitandukanye n’ikibazo cya politiki cyavutse muri Kenya nyuma y’amatora yo mu 2007, aho ubuhuza bushyigikiwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika bwatumye habaho amasezerano yo gusangira ubutegetsi. Amakimbirane ya Sudani arimo ingabo ebyiri zifite intwaro zikomeye zigenzura uturere dutandukanye.
Ubwo butumwa bugeze muri Sudani mu gihe muri iki gihuhu hakiri intambara ikomeye. Ingabo za Sudani, SAF, zongeye kwigarurira igice kinini cy’umurwa mukuru, Khartoum, mu gihe RSF ikomeje gufata ibice binini bya Darfur, mu burengerazuba bw’igihugu.
Kordofan, akarere gahuza ibice byo hagati, by'iburengerazuba n'amajyepfo ya Sudani, na ko kabaye intandaro y'imirwano.
Umuyobozi w'abanyeshuri mu Buhinde yahagaritse imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara nyuma y'iminsi 16
Ahavuye isanamu, Devendra Nath Mahto/X
Impirimbanyi yo muri leta ya Jharkhand mu burasirazuba bw’Ubuhinde yahagaritse imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara yari amaze iminsi 16 akora, nyuma y’uko leta yemeye ibyo abigaragambyaga basabaga byo guhagarika ikizamini cyo gutanga akazi cyateje impaka.
Icyakora, abigaragambya bavuga ko batazahagarika imyigaragambyo yabo kugeza igihe ikigo cy’Ubuhinde gishinzwe iperereza kizatangira iperereza ku byaha bikekwa ko byabaye no mu bindi bizamini byo gutanga akazi.
Devendra Nath Mahto, umwe mu bayoboye iyo myigaragambyo, yahagaritse kwiyicisha inzara ari mu bitaro byo mu murwa mukuru Ranchi wa Jharkhand, aho yajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize nyuma y’uko ubuzima bwe bwari butangiye kumera nabi kubera kumara igihe atarya.
Yari umwe mu bantu bamenyekanye cyane muri iyo myigaragambyo yatangiye ku itariki ya 25 Nyakanga (7), aho abashaka akazi n’abanyeshuri bashinje ko habaye amakosa mu bizamini byo gushaka abakozi ba leta, bakanasaba ko habaho amavugurura mu buryo ibi bizamini bikorwa.
Mu Buhinde, akazi ka leta karashakwa cyane kuko kaba gatanga umutekano (kaba kizewe kumara igihe kirekire).
Buri mwaka, abantu babarirwa muri za miliyoni bakora ibi bizamini byo gushaka imyanya ya leta ku rwego rwa leta zigize iki gihugu cyangwa ku rwego rw'igihugu.
Abenshi bajya no mu mashuri abategura (coaching classes) kugira ngo babitsinde, bagakomeza kubikora kugeza bageze ku myaka ntarengwa bemerewe.
Umuyobozi ushinzwe imikorere muri FIFA yirukanwe nyuma yo kunenga gahunda ya Perezida Infantino
Ahavuye isanamu, Getty Images
Kevin Lamour, wari umuyobozi mukuru ushinzwe imikorere mu mpuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku isi (FIFA), yirukanywe ku kazi, nyuma y’igihe kitarenze ibyumweru bitatu anenze bikomeye gahunda yapfubye ya Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yo kugurisha imigabane mu marushanwa ya FIFA ku bashoramari bigenga.
Mu itangazo yasohoye, umuvugizi wa FIFA yemeje gusa ko “umubano w’akazi hagati ya FIFA na Kevin Lamour nk’umuyobozi mukuru ushinzwe imikorere warangiye ku itariki ya 17 Kanama (8) 2026.
"FIFA irashimira Kevin akazi yakoze mu myaka ibiri kandi imwifurije amahirwe masa mu bihe biri imbere.”
Ku mugoroba wo ku wa mbere, abakozi ba FIFA bohererejwe ubutumwa bwo kuri 'email' na Mattias Grafstrom, umunyamabanga mukuru wa FIFA, bubamenyesha ko FIFA na Lamour “bemeranyijwe gutandukana.”
Mu kwezi gushize, Lamour yari yanenze gahunda yari yateje impaka yiswe FIFA Forward Enterprise (FFE), avuga ko ari “umushinga w’umuntu umwe,” yumvikanisha Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Yavuze kandi ko “igihe ubu kirageze kugira ngo abayobozi ba politiki b’umupira w’amaguru bibaze ibibazo bikwiye kandi bafate imyanzuro ikwiye".
Lamour yongeyeho ko ubuyobozi bwa FIFA ubwabwo bwari "bwarashutswe" ku byerekeye uwo mushinga ubu waretswe.
Uburusiya buvuga ko Ubwongereza 'buzirengera ingaruka' zo guha 'drones' Ukraine
Ahavuye isanamu, EPA
Insiguro y'isanamu, Umwotsi uzamuka hejuru y’ikigo cya kompanyi Wildberries nyuma y’igitero cya ‘drone’ cyatangajwe ko cyagabwe na Ukraine ku cyanya cy’inganda cya Koledino, hafi y’i Podolsk, mu Burusiya, ku cyumweru
Uburusiya bwashinje
Ubwongereza “guhitamo ku bushake ko amakuba yo muri Ukraine yiyongera”, nyuma
yuko byemejwe ko indege nto z’intambara zitajyamo umupilote (drone) zakorewe mu
Bwongereza zakoreshejwe mu kugaba ibitero imbere mu Burusiya.
Yagize iti: “Ibikorwa
bya London bizateza ingaruka zidashobora kwirindwa kandi izazirengera.”
Yongeyeho ko uko Ubwongereza burushaho kwijandika muri iyi ntambara, “ni ko ikiguzi
buzishyura kizamuka cyane”.
Mu gusubiza, umuvugizi
wa minisiteri y’ingabo y’Ubwongereza yabwiye BBC News ko Ubwongereza buhagararanye
(bwifatanyije) “urutugu ku rutugu” na Ukraine.
Mu itangazo, uwo
muvugizi yagize ati: “Uburusiya ntibukwiye gushidikanya ku kwiyemeza kw’iyi
Leta kwo guhangana n’ubushotoranyi bw’Uburusiya, muri Ukraine no ku Bwongereza
no ku nshuti zacu.”
Uwo muvugizi yongeyeho
ko Ubwongereza “bwiyemeje guha Ukraine ibikoresho icyeneye mu kwirwanaho ku
gitero kinyuranyije n’amategeko cya [Perezida w’Uburusiya Vladimir] Putin”.
Izo ‘drones’, zakozwe na kompanyi ebyiri
zitandukanye zo mu Bwongereza, zakoreshejwe imbere mu Burusiya mu bitero byagabwe
henshi kandi byageze ku ntego byibasiye inganda, zirimo n’izitunganya ibikomoka
kuri peteroli hamwe n’inyubako zibikwamo ibicuruzwa bya kompanyi Wildberries ikora
ubucuruzi bwo ku rubuga rwa murandasi, ifatwa nka Amazon y’Uburusiya.
Mu iburanisha rya mbere ry’urubanza rw’iyicwa ry’umuraperi w’icyamamare Tupac Shakur, abashinjacyaha bavuze ko uwahoze ayobora agatsiko k’abagizi ba nabi, Duane “Keffe D” Davis, bikekwa ko ari we wateguye igitero cyo kurasa Tupac ari mu modoka, kikamuhitana mu rwego rwo kwihorera.
Abatangabuhamya basubije inyuma inteko iburanisha mu myaka isaga 30, basobanura uko ibintu byari byifashe mu ijoro Tupac yarasiwemo i Las Vegas mu mwaka wa 1996. Icyo gihe, udutsiko tw’abagizi ba nabi twari dufite uruhare rukomeye muri muzika ya Hip-hop yo mu myaka ya 1990 muri Amerika.
Ni mu gihe kandi, kutizerana hagati y’abaturage n’abapolisi byatumye abantu batitabira gutanga amakuru ku byabaye muri iryo joro. Ibi byagize uruhare mu gutuma urupfu rwa Tupac rumara imyaka myinshi rutarabonerwa umuti.
Davis, ufite imyaka 63, ni we uregwa kwica Tupac.
Ubushinjacyaha buvuga ko nubwo Davis atari we warashe isasu ryahitanye Tupac, ari we bivugwa ko yateguye kandi akayobora icyo gitero. Gusa Davis yahakanye ibi birego byose ndetse avuga ko nta cyaha yakoze.
Mu ijambo ry’ibanze, ubushinjacyaha bwagaragaje Davis nk’uwayoboraga itsinda ry’abantu bakekwaho kugira uruhare muri icyo gitero. Banagaragaje igitabo kivuga ku buzima bwe Davis yafatanyije n’abandi kwandika, aho bivugwa ko yasobanuye mu buryo burambuye ibyabaye mu ijoro Tupac yarasiwemo.
Binu Palal, umushinjacyaha mukuru wungirije wo ku rwego rw'akarere, yabwiye inteko y’abacamanza ati: “Tugomba kubisobanukirwa neza, Duane Davis ntabwo ari we warashe Tupac. Ariko ni we wateguye icyo gitero kugira ngo yihorere nyuma yo gukubitwa k’umwishywa we. Igitangaje ni uko ibyo muzabyumva biturutse kuri Duane Davis ubwe.”
Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Insiguro y'isanamu, Duane Davis ukurikiranyweho uruhare mu iyicwa rya Tupac
Ku ruhande rw’abunganira Davis, bavuga ko ibyo ubushinjacyaha buvuga ari inkuru mpimbano kandi ko uru rubanza rushingiye ku iperereza ryamaze imyaka myinshi ryakozwe mu buryo butari bwo.
Davis kandi yitandukanyije n’ibikubiye muri icyo gitabo, avuga ko atari we wanditse ibice byose bikigize, ndetse ko hari ibice byahinduwe cyangwa bigahimbwa kugira ngo igitabo kigurishe kopi nyinshi.
Urubanza rukomeje gukurikiranwa cyane kuko urupfu rwa Tupac Shakur, umwe mu baraperi bakomeye kurusha abandi mu mateka ya Hip-hop, rwabaye rumwe mu manza zamamaye cyane ariko zimaze imyaka myinshi zitarabonerwa igisubizo.
Zambia: Hakainde Hichilema yatangajwe ko yatsinze amatora ya perezida
Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images
Insiguro y'isanamu, Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema ari ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2021
Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema yatangajwe ko yatsinze amatora ya perezida yabaye muri uku kwezi, nyuma yo kubona amajwi arenga 60% by'amajwi yemewe y'abatoye.
Komisiyo y'amatora ya Zambia (ECZ) yatangaje ibyavuye mu matora nyuma yo kubarura no guhuza amajwi yo mu duce 226 abaturage batoreyemo, igaragaza ko Hichilema wo mu ishyaka UPND yatsinze ku majwi 2,965,326, angana na 60.49%.
Trump yakangishije kurasa inshuti y'Amerika, Oman, niba 'yitambitse mu nzira' ku masezerano na Iran
Ahavuye isanamu, Getty Images
Perezida w’Amerika
Donald Trump yakangishije kurasa Oman – inshuti y’Amerika – niba “yitambitse mu
nzira” y’ibiganiro ubutegetsi bwe bugirana na Iran, nkuko bitangazwa n’igitangazamakuru
Fox News cyo muri Amerika.
Amerika na Oman, buri
gihugu ukwacyo, bimaze igihe bigirana ibiganiro na Iran bigamije kongera gufungura
Umuhora wa Hormuz, inzira y’amazi y’ingenzi cyane ku bukungu bw’isi. Hashize
amezi hafi atandatu ahanini iyo nzira ifunze mu gihe cy’intambara hagati y’Amerika
na Iran.
Umunyamakuru wa Fox
yavuze ko Perezida w’Amerika yashyize icyo gikangisho kuri Iran ubwo
yakoreshaga imvugo nyandagazi mu kiganiro bagiranye kuri telefone.
Mbere yaho ku wa
mbere, abategetsi bo muri Iran bavuze ko bari bari hafi kugera ku masezerano na
Oman. Hagati aho, ejo hazaza h’ibiganiro hagati y’Amerika na Iran
ntihasobanutse neza kuko amasezerano y’ubwumvikane (cyangwa mu Cyongereza ‘Memorandum
of Understanding’, MoU) hagati y’impande zombi arangije igihe cyayo.
Aganira n’abanyamakuru
ku wa mbere ari mu cyumba cyitwa Oval Office byo mu biro bye bya White House,
Trump yabajijwe na BBC News niba arimo gushaka kongerera igihe iyo MoU, nuko
arasubiza ati: “Oya.”
Kuva Amerika na Israel
biteye Iran muri Gashyantare (2) uyu mwaka, Iran ahanini yafunze Umuhora wa
Hormuz – unyuramo hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa
ku isi ndetse ubusanzwe unanyuramo gaze itunganyije. Kongera kuwufungura
byakomeje kuba ingingo y’ingenzi y’ibiganiro.
Oman ihana imbibi n'gice cy'amajyepfo cy'uwo Muhora ndetse ivuga ko yo ari igihugu kidafite uruhande kibogamiyeho
muri iyi ntambara. Ariko Oman yibasiwe n’ibitero byinshi bya Iran ndetse ubu
irimo kugira uruhare rukomeye mu biganiro na Iran byo kongera gufungura iyo
nzira yo mu mazi.
Amerika yakomeje ibikorwa
byayo byo gutuma uwo Muhora wongera gufungurwa. Umunyamakuru Trey Yingst wa Fox
yasubiyemo amagambo ya Trump agira ati: “Niba Oman yitambitse mu nzira, tuzabamishaho
ibisasu kugeza amabyi abavuyemo.”
Ntibisobanutse neza
icyo Trump atekereza ko cyaba ari ukwitambika intego ze kuri aya masezerano.
Muri icyo kiganiro na
Fox, Trump yanavuze ko Amerika ifite uburyo bwo ku ruhande ivuganamo mu buryo
butaziguye n’umutwe wihariye wo mu ngabo za Iran witwa ‘Islamic Revolutionary
Guard Corps’ (IRGC), umutwe wa gisirikare ukomeye ufite ijambo rikomeye mu
bukungu na politike muri Iran.