IKIBIRIRAHO, Amerika yahannye Kabila imushinja gutera inkunga inyeshyamba za M23

Washington ishinja Kabila gutera inkunga umutwe w'inyeshyamba wa M23 agamije guhungabanya umutekano w'igihugu cye.

Amakuru y'ikibiriraho

Chançard Abimana na Didier Bikorimana

  1. Amerika yahannye Kabila imushinja gutera inkunga inyeshyamba za M23

    Joseph Kabila afite ubwanwa burebure burimo imvi, arimo kuvugira mu ndangururamajwi igaragara igice gito.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Kabila yategetse DRC imyaka 18, ava ku butegetsi mu mwaka wa 2019

    Leta y’Amerika yafatiye ibihano Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) imushinja gufasha inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi zikorera mu burasirazuba bw’icyo gihugu, icyemezo Amerika ivuga ko kiri mu rwego rw’ingamba zo gucyemura ikibazo cy’umutekano mucye.

    Mu itangazo yasohoye, Minisiteri y’imari y’Amerika ivuga ko yafatiriye imitungo yose ya Kabila iri muri Amerika ndetse ko yabujije abaturage bayo gukorana na we cyangwa ibigo agenzura.

    Amerika ishinja Kabila gutera inkunga umutwe wa M23 agamije guhungabanya umutekano w’igihugu cye.

    Amerika inashinja u Rwanda gufasha M23 mu kuyiha abasirikare, ibikoresho, imyitozo n'amategeko, ibyo rwo ruhakana, ndetse mu ntangiriro ya Werurwe (3) uyu mwaka yafatiye ibihano ingabo z’u Rwanda (RDF) hamwe n’abajenerali bane barimo n’umugaba mukuru w’ingabo.

    Mu mwaka ushize, urukiko rwa gisirikare muri DRC rwakatiye Kabila igihano cy’urupfu adahari rumuhamije ubugambanyi.

    Nta cyo Kabila, w’imyaka 54, yari yatangaza kuri ibi bihano. Mbere yahakanye gufasha M23, ariko muri Gicurasi (5) mu mwaka ushize, nyuma y’imyaka ari mu buhungiro yijyanyemo, yagaragaye mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bw’igihugu, ugenzurwa na M23.

    Kabila yategetse DRC imyaka 18, ava ku butegetsi mu mwaka wa 2019, mu ryabaye ihererekanya ry’ubutegetsi rikozwe mu mahoro rya mbere ryari ribayeho kuva DRC ibonye ubwigenge mu mwaka wa 1960.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.