IKIBIRIRAHO, DR Congo: Ibirego by'uburiganya byadindije amatora yo gutakariza icyizere minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu

Ibi birimo kubonwa na benshi nk'amayeri ya politike yo gukingira ikibaba uyu wahoze ari umujyanama mukuru wa Perezida Tshisekedi.

Incamake

DR Congo: Ibirego by'uburiganya byadindije amatora yo gutakariza icyizere minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu

Amakuru y'ikibiriraho

Chançard Abimana na Didier Bikorimana

  1. DR Congo: Ibirego by'uburiganya byadindije amatora yo gutakariza icyizere minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu

    Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu wa DRC Jacquemain Shabani arimo kuvugira mu ndangururamajwi ebyiri. Yicaye areba muri 'camera'.

    Ahavuye isanamu, Shabani Lukoo J / X

    Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), ibirego by’uburiganya ku mazina y’abatanze icyifuzo cyuko inteko ishingamategeko itora igatakariza icyizere Minisitiri w’intebe wungirije akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Jacquemain Shabani, byatumye kiba gihagaze.

    Ibi birimo kubonwa na benshi nk’amayeri ya politike yo kumukingira ikibaba.

    Ku wa gatatu, abadepite bari barimo kwitegura kujya impaka kuri icyo cyifuzo, bashinja Minisitiri Shabani ko iby’umutekano byamunaniye, kubangamira inzego zo mu ntara, no gukoresha nabi ububasha bwe hashingiwe ku ngingo ya 146 y’itegekonshinga rya DRC.

    Nta cyo Minisitiri Shabani yari yatangaza.

    Shabani, washyizwe kuri uwo mwanya mu 2024, yari umujyanama mukuru wa Perezida Félix Tshisekedi ndetse yari umwe mu bari bayoboye ibikorwa bya Tshisekedi byo mu mwaka wa 2023 byo kongera kwiyamamaza.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.