Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.
Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa
Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke
Perezida Tshisekedi yemeye ibiganiro bidaheza byo kurangiza intambara
- Umwanditsi, Emery Makumeno
- Igikorwa, BBC Afurika i Kinshasa
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) Félix Tshisekedi yemeye gukoresha ibiganiro bidaheza byo ku rwego rw'igihugu bigamije gucyemura amakuba ajyanye n'umutekano na politike akomeje gukaza umurego.
Iryo tangazo ni intambwe ikomeye nyuma y'umwuka urenga umwe imihate yo mu rwego rwa dipolomasi idindiye, ikaba yari igamije kurangiza intambara yo mu burasirazuba bw'icyo gihugu, yatumye abantu nibura miliyoni esheshatu bata ingo zabo, nkuko Umuryango w'Abibumbye ubivuga.
Iyo ntambwe ikomeye yatangajwe na Karidinali Fridolin Ambongo kuri televiziyo y'igihugu ku wa gatanu nyuma ya saa sita z'amanywa, ako kanya nyuma y'inama hagati ya Perezida Tshisekedi n'abahagarariye amadini akomeye yo mu gihugu.
Mu ijambo yavuze ari kumwe n'abandi bakuru b'amadini hamwe n'umuvugizi wa leta, Karidinali Ambongo yagize ati: "Nyuma y'iyo nama, Perezida wa Repubulika amaze guhitamo kujya mu biganiro bidaheza hagati y'abahungu n'abakobwa ba Congo," yongeraho ati: "Uburyo [ibisabwa] bwuko bizakorwa buzashyirwaho muri iyo nzira."
Karidinali Ambongo yavuze ko iyo gahunda yayobowe na Perezida Tshisekedi ubwe nyuma yo kugisha inama bagenzi be bo mu karere, barimo Perezida wa Congo-Brazzaville na Perezida w'u Burundi, kuri ubu akaba akuriye umuryango w'Ubumwe bw'Afurika.
Uwo mukuru wa Kiliziya Gatolika muri DRC yavuze ko abo bategetsi bo mu karere bagize uruhare mu gushyiraho imiterere-remezo yo gutuma habaho gushyira hamwe, ubufatanye no kunga ubumwe muri DRC.
Uyu muhate wo kurangiza intambara mu mahoro, mbere wari watangijwe mu ntangiriro y'umwaka wa 2025 n'inama y'igihugu y'abepiskopi gatolika ya DRC hamwe n'itorero rya Kristo muri Congo (Église du Christ au Congo), iryo rikaba ari ishyirahamwe rihuza amatorero ya giporotestanti muri icyo gihugu.
Iyo miryango y'idini yishyize hamwe ngo itangize icyo gitekerezo cy'ibiganiro nyuma yuko ibintu byari bimaze gufata indi ntera mu ntambara, imijyi ikomeye yo mu burasirazuba – Goma na Bukavu – igafatwa n'inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC-M23.
Nubwo Perezida Tshisekedi yagiranye inama ya mbere n'intumwa z'iryo huriro ry'abanyamadini ku itariki ya 21 Kamena (6) mu 2025, yari igamije kwakira ibyifuzo byabo by'uburyo bwo kurangiza intambara, iyo gahunda yaje kunanirwa gutera intambwe mu gihe kirenga umwaka umwe.
Iyo gahunda yakomeje gutinda nubwo yari yamaze kwemerwa by'ibanze na Perezida ndetse hakaba n'ubuhuza bwo mu rwego rwa dipolomasi bw'Angola n'andi mahanga.
Nubwo uko kwemera kuganira ari intambwe itewe, iby'ingenzi bijyanye n'ishyirwa mu ngiro ry'ibyo biganiro ntibirashyirwa ku murongo.
Hasigaye kureba imitwe ya politike n'iy'inyeshyamba izemererwa kubyitabira, ndetse n'ibisabwa nyirizina bizashyirwaho, kugira ngo intambara irangire burundu mu burasirazuba bw'igihugu no kubona igisubizo kinyura (gishimisha) impande zose bireba.