Amerika ivuga ko yizeye ko u Rwanda rukura ingabo zarwo muri DR Congo 'mu kwezi gutaha'

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika Marco Rubio arimo gutanga ubuhamya muri komite ishinzwe ububanyi n’amahanga yo mu nteko ishingamategeko y’Amerika, umutwe w’abadepite, mu nyubako yitwa ‘Rayburn House Office Building’, i Washington DC, muri Amerika, ku itariki ya 3 Kamena (6) mu 2026. Uko kumwumva kwabaye mu rwego rwo gusuzuma ubusabe bwa minisiteri y’ububanyi n’amahanga bw’ingengo y’imari y’umwaka w’imari wa 2027. Rubio yambaye ikositimu y'ubururu bwijimye, ishati y'umweru, na karuvati irimo amabara y'ubururu n'umukara. Ikositimu ye iriho umudari muto w'ibendera ry'Amerika. Aricaye, arimo kuvugira mu ndangururamajwi y'umukara, atunze urutoko hejuru, inyuma ye hari abantu benshi bataboneka neza.

Ahavuye isanamu, Getty Images

Insiguro y'isanamu, Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio ubwo yari ari mu nteko ishingamategeko y'Amerika ku wa gatatu
    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 3

Amerika ivuga ko yizeye ko u Rwanda rukura ingabo zarwo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) "mu gice cya kabiri cy'ukwezi gutaha", aho rushinjwa gufasha inyeshyamba za M23 zirwanya ubutegetsi bw'icyo gihugu.

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga w'Amerika Marco Rubio yabivuze ku wa gatatu mu buhamya yagejeje ku nteko ishingamategeko y'Amerika, muri komite ishinzwe ububanyi n'amahanga, mu kiganiro kijyanye na gahunda y'ubutegetsi bw'Amerika yo gushyira Amerika imbere mu bubanyi n'amahanga.

Uko kumwumva kwabaye mu rwego rwo gusuzuma ubusabe bwa minisiteri y'ububanyi n'amahanga bw'ingengo y'imari y'umwaka w'imari wa 2027.

Minisitiri Rubio yagize ati: "Kuri DRC n'u Rwanda, basinye amasezerano y'amahoro. Ikibabaje, kuyubahiriza ntibimeze neza.

"Byabaye ngombwa ko dufata ibihano bicye. Ku ruhande rw'u Rwanda, turimo gutangira kubona ukuyuhariza runaka. Birimo kugenda – ntibirimo kugenda byihuse bihagije ariko twizeye kubona ukuyubahiriza igihe runaka hagati mu kwezi gutaha mu gukurayo ingabo z'u Rwanda. Birumvikana, turacyafite ikibazo cya M23 kigomba gucyemurwa."

DRC, Amerika n'inzobere za ONU bashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 mu kuwuha imyitozo, abasirikare, amategeko, no kugenzura imikorere yawo.

Kuva mu ntangiriro y'umwaka ushize, M23 yigaruriye ibice byinshi byo mu burasirazuba, birimo n'imijyi ya Goma na Bukavu, mu ntambara yongeye kwaduka guhera mu mpera y'umwaka wa 2021, nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura.

Skip podcast promotion and continue reading
WhatsApp channel ya BBC Gahuza

Amakuru ya BBC Gahuza ako kanya kuri WhatsApp yawe

Kanda hano ujyeho

End of podcast promotion

Muri Werurwe (3) uyu mwaka, Amerika yafatiye ibihano ingabo z'u Rwanda (RDF) n'abasirikare bakuru bane bo mu rwego rwa Jenerali kubera "ubufasha mu bikorwa butaziguye" ku mutwe wa M23.

U Rwanda rwakomeje guhakana ibyo birego, ruvuga ko rwashyizeho "ingamba z'ubwirinzi" kubera inkeke ku mutekano warwo ruvuga ko ziterwa n'umutwe w'inyeshyamba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw'u Rwanda, ukorera mu burasirazuba bwa DRC.

U Rwanda, Amerika n'inzobere za ONU bashinja DRC gufasha umutwe wa FDLR. DRC irabihakana, ikavuga ko nta gahunda ya leta iriho yo gukorana n'uwo mutwe, ndetse mu gihe cyashize yaburiye ko umusirikare wayo uwo ari we wese uzafatwa akorana na yo azabihanirwa.

Minisitiri Rubio atangaje ibi nyuma yuko ku wa kabiri minisiteri y'imari y'Amerika ifatiye ibihano komanda Gustave Kubwayo wa FDLR na komanda John Imani Nzenze wa M23 ibashinja guteza urugomo n'umutekano mucye mu burasirazuba bwa DRC, bigateza inkeke ku nyungu z'Amerika mu karere.

Muri icyo kiganiro mu nteko ishingamategeko y'Amerika, Rubio yanavuze ku zindi ngingo zinyuranye ku isi aho Amerika irimo kugira uruhare, harimo nko mu ntambara yo muri Iran, intambara yo muri Sudan, ndetse n'uko ibintu bimeze ubu muri Venezuela.