Ibintu bitandatu isi yamenye kuri Iran

Yatangajwe
Igihe co gusoma: iminota 5

Intambara hagati ya Iran n'ibihugu byo mu Burengerazuba bw'isi, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika, imaze imyaka ibarirwa muri za mirongo, ariko bari batararwana mu buryo butaziguye.

Mu Ukwakira (2)2025, ubwo Israel yateraga Iran maze Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikinjira mu ntambara, amaso yose ku isi yahindukiriye Iran.

Nubwo intambara yamaze iminsi 12, amezi menshi nyuma yaho, Israel na Amerika byongeye gutera Iran.

Iran yagaragaje imbaraga zayo mu kurwanya ibihugu bibiri, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel.

Ibihugu byombi byakoresheje ikoranabuhanga rigezweho muri iyo ntambara.

Icyo gihe, benshi bibaza ko Iran itazashobora kwihanganira intambara, ariko bashoboye gukomeza intambara nubwo batakaje abasirikare benshi.

Intambara y'iminsi 12 yahagaze nyuma y'ibiganiro na Perezida Trump akavuga ko bashoboye gusenya ubushobozi bwa nikleyeri bwa Iran .

Ariko nyuma y'amezi make, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel batangiye intambara kuri Iran bavuga ko bashaka gusenya gahunda zayo za nikleyeri, nanone.

Intambara yatangiye ku ya 28 Gashyantare(2) uyu mwaka, Amerika na Israel bagabye igitero kuri Iran bakoresheje ibisasu bya misile, ibisasu, indege za drones n'izindi ndege z'intambara.

Iran ku ruhande rwayo yakoresheje ibisasu bya misile na drones ku bihugu by'abaturanyi mu kwihimura. Irasa no kuri Israel.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zakoresheje amafranga arenga miliyari 25 z'amadolari mu ntambara.

Nubwo Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaye zashegesheje Iran mu, iki gihugu cyagaragaje ko gifite imbaraga mu kwihanganira intambara igihe kirekire.

Kuva ku iterabwoba kugeza ku gutera

Amerika na Israel bakomeje gushinja Iran gushyigikira imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwo Hagati, bayiha amafaranga, intwaro n'imyitozo ya gisirikare.

Ayo matsinda arimo Hezbollah, aba-Houthis bo muri Yemen na Hamas muri Gaza.

Iran na Israel bimaze igihe kinini biri mu ntambara, ariko ntabwo ari mu buryo buziguye.

Iran yagaragaje ubushobozi bwayo bwo kwirwanaho ku ntwaro zigezweho, cyane cyane indege zidatwarwa n'umupilote za Israeli, ndetse no kwibasira Israel mu bitero.

Kugeza ubu, nta gihugu cyashoboye kugaba ibitero mu kirere cya Israel nka Iran.

Ikoranabuhanga mu ntwaro za gisirikare

Iran izwiho gukora intwaro ikoresheje ikoranabuhanga rigezweho nka za misile zirasa kure n'izirasa hafi hamwe n'intwaro za nikleyeri.

Amerika yakomeje gushyira igitutu kuri Iran ivuga ko igomba guhagrika gahunda yayo ya nikleyeri, ikibazo cyateje umwuka mubi.

Iran kandi yashoboye gukora ibisasu byayo bya misile hamwe n'indege za drones zo mu bwoko bwa Shahed 136 zishyashya, zigamije kubuza ibitero by'intambara kandi zishobora kugenda ibirometero 2,500.

Nubwo izi ndege zitagira umuvuduko mwinshi, ntizishobora kugaragara vuba kuko zitaguruka hejuru cyane mu kirere.

Ibitero muri leta zo mu kigobe

Mbere y'uko intambara itangira, Iran yari yaburiye ko niramuka itewe izibasira ibindi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati.

Iran yatangiye yibasira ibirindiro bya gisirikare bya Amerika biri mu bihugu byo mu kigobe birimo Qatar, Emira Zunze Ubumwe z'Abarabu, Arabiya Sawudite, Iraq, Jordan na Kuwait.

Ibitero byibasiye ibibuga cy'indege, amasosiyete y'ingufu n'amahoteli yo muri ako gace.

Hari ubwoba bw'uko intambara isesuye muri aka karere ishobora kuvuka, mu gihe ibyo bihugu bizagira uruhare muri iyo ntambara.

Iran ishimangira ko ibirindiro bya gisirikare bya Amerika bigomba kuvanwa muri ako karere

Imbaraga za gisirikare za Repubulika ya Kiisilamu ya Iran

Ubwo intambara ya Amerika na Israel yatangiraga muri Gashyantare(2), intego nyamukuru kwari ugukuraho ubutegetsi bw'igihugu, no kubuhatira kwishyira mu maboko ya Amerika na Israel, cyane cyane nyuma y'iyicwa ry'umutegetsi w'ikirenga Ayatollah Khamenei n'abandi bategetsi bakuru bafatwaga nk'abakomeye.

Ariko Iran yagaragaje ubushobozi bwo kwihanganira intambara, no gushyiraho vuba abandi bayobozi badashyigikiye ko habaho ikibazo cy'ubuyobozi.

Igihugu cyavuze kandi ko kizakomeza kwirwanaho kikirinda umwanzi mu buryo bwa gisirikare.

Politiki ya Amerika muri iyo ntambara yari igamije guca intege ubuyobozi bw'igihugu ntiyagize icyo igeraho, bituma ikoresha ibiganiro na dipolomasi.

Igenzura ry'umuhora ya Hormuz

Mbere y'uko intambara itangira, abantu bake cyane bari bazi iby'umuhora wa Hormuz, n'akamaro karwo mu bucuruzi mpuzamahanga.

Ariko ubwo Iran kuva Iran yawufunga ako gace karamenyekanye cyane nyuma y'uko ibiciro by'ingufu bizamutse.

Ibitoro na gaze bisaga 20% bijya ku isoko ry'isi binyura muri uwo muhora.

Ibikoresho by'ingenzi nk'imiti, ibiryo, ifumbire, n'imyambaro nabyo binyura muri aka gace.

Iran yavuze ko izakomeza kugenzura uwo muhora.

Trump yangishije ko azagaba igitero kuri Iran nidafungura uwo muhora.

Nyuma y'uko Pakisitani ibaye umuhuza hagati y'ibihugu byombi, bemeranyije guhagarika imirwano no gufungura iryo rembo rigera ku nyanja.

Ubuhanga mu bya dipolomasi n'imishyikirano

Leta ya Iran yagaragaje ko ifite imbaraga mu kuganira no kurengera inyungu z'igihugu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel birashaka ko Iran ihagarika kugenzura Umuhora wa Hormuz n'ibikorwa byayo byo gutunganya ingufu za nikleyeri.

Iran yasubije ko itazahagarika gutunganya izo ngufu kuko ibikorwa hagamijwe ibikorwa by'iterambere ry'abaturage.

Ubutegetsi bwa Trump nta ntambwe bwateye mu biganiro biyobowe n'umuhuza- Pakisitan, ariko iki gihugu kiracyakomeje kugerageza guhuza ibi bihugu biri mu ntambara.