Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Ku nshuro ya mbere Amerika yemeje ko yohereje intwaro mu isanzure

Minisitiri w'ingabo zirwanira mu kirere w'Amerika yavuze ko intwaro "ikorera mu kirere" ari ngombwa mu kurinda Amerika igikorwa cy'umwanzi.

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Indege z'intambara za OTAN zahanuye 'drone' yinjiye mu kirere cya Lithuania

    Perezida wa Lithuania yavuze ko abapilote b’indege z’intambara bo mu muryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO) mu ijoro ryacyeye bahanuye indege nto y’intambara itajyamo umupilote (izwi nka ‘drone’) yinjiye mu kirere cya Lithuania.

    Abategetsi bavuze ko iyo ‘drone’ ishobora kuba yinjiye mu majyepfo ya Lithuania, hafi y’umujyi wa kabiri ukomeye muri icyo gihugu wa Kaunas, ivuye mu gihugu cya Belarus gihana imbibi na Lithuania, nyuma gato ya saa sita z’ijoro ku wa kabiri.

    Perezida wa Lithuania Gitanas Nausėda yanditse itangazo ku rubuga nkoranyambaga rwa X agira ati: “Drone yinjiye mu kirere cya Lithuania yashenywe n’indege z’intambara za NATO.”

    Umuvugizi w’ikigo cya Lithuania cyo guhangana n’amakuba yavuze ko aho iyo ‘drone’ yaturutse hataramenyekana.

    Mbere yaho ku wa kabiri, impuruza zo kuburira ko hagiye kuza ‘drone’ zavugijwe hirya no hino mu murwa mukuru Vilnius wa Lithuania no mu karere kawukikije.

    Nyuma gato ya saa sita z’ijoro ku isaha yaho – ni ukuvuga nyuma gato ya saa tanu z’ijoro (23:00) zo ku wa mbere ku isaha yo mu Rwanda no mu Burundi – ubutumwa bw’impuruza bwoherejwe kuri telefone z’abo muri ako karere, baburirwa ko hashobora kuza ‘drone’ ndetse busaba abahatuye “gushaka ahantu hatekanye” ho kwikinga no “gutegereza ubutumwa bwuko ibintu byose byasubiye mu buryo”.

    Minisiteri y’ingabo ya Lithuania yavuze ko ingabo z’icyo gihugu hamwe n’abapilote b’Abataliyani bo mu butumwa bwa OTAN bwo kurinda ikirere “bagaragaje igisubizo cyihuse kandi gishyize mu gaciro” kuri icyo gitero cya ‘drone’.

    Ubutumwa Perezida Nausėda yatangaje ku mbuga nkoranyambaga bwongeyeho buti: “Mu gihe Uburusiya burimo gukaza umurego mu bushotoranyi bwabwo kuri Ukraine, guhora twiteguye nk’uku ni ingenzi cyane ku karere kacu. Hamwe n’Inshuti zacu zo muri NATO, Lithuania izarinda ikirere cyayo.” Lithuania ni umunyamuryango wa OTAN.

    Nta cyo Uburusiya bwatangaje ku byabaye.

    Igice kinini cy’umupaka wa Lithuania wo mu majyepfo no mu burasirazuba gikora kuri Belarus, iyi ikaba ari inshuti ikomeye y’Uburusiya.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Umukire wa mbere muri Afurika yashyize ku isoko imigabane ya mbere myinshi muri Afurika

    Umunya-Nigeria Aliko Dangote utunze za miliyari z'amadolari y'Amerika yatangije igurisha ry'imigabane rya mbere rinini cyane muri Afurika ryo gutuma abaturage bagira umugabane mu ruganda rwe rutunganya ibikomoka kuri peteroli, mu gikorwa gishobora kubonekamo agera kuri miliyari 2.1 z'amadolari y'Amerika.

    Igurisha ry'imigabane rya mbere (rizwi nka 'initial public offering', IPO) rifite agaciro kagera hafi kuri 3% by'agaciro k'uruganda rwe 'Dangote Refinery' rutunganya ibikomoka kuri peteroli, uwo muherwe akaba avuga ko ashaka guha Abanya-Nigeria basanzwe amahirwe yo kugira icyo bungukira ku byo urwo ruganda rwagezeho.

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Ku nshuro ya mbere Amerika yemeje ko yohereje intwaro mu isanzure

    Amerika yemeje ko yohereje intwaro mu kirere, bukaba bubaye ubwa mbere yemeye ko ifite ubwo bushobozi njya rugamba.

    Minisitiri w’ingabo zirwanira mu kirere w’Amerika Troy Meink yavuze ko intwaro “ikorera mu kirere” ari ngombwa mu kurinda ingabo z’Amerika igikorwa cy’umwanzi.

    Ku wa mbere, ubwo yavugiraga mu nama yiga ku kirere, isanzure no ku mutekano wo kuri murandasi (internet), Meink yavuze ko Amerika yiteguye “inkeke zigenda zihindagurika” ariko nta makuru arambuye yatanze ku bushobozi bw’iyo ntwaro cyangwa ku gihe yashyiriwe mu isanzure (mu kirere).

    Mbere, abategetsi bo ku rwego rwo hejuru bo mu ngabo z’Amerika bavuze ko bateganya kongera ubushobozi bwa gisirikare bwo mu isanzure, bakomoza ku kuba Uburusiya n’Ubushinwa birimo gukora uburyo bwo kugaba ibitero no guhungabanya ibyogajuru by’Amerika mu ntambara yabaho mu gihe kiri imbere.

    Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwavuze ko ubushobozi bwa gisirikare bwo mu isanzure – na misile zo gusama ibisasu – ari ingenzi cyane muri gahunda y’ubwirinzi buhebuje bw’ikirere buteganyijwe buzwi nka ‘Golden Dome’, bwo kurinda Amerika ibisasu bya misile n’izindi nkeke zo mu kirere.

    Amasezerano yo mu mwaka wa 1967 yabujije gushyira mu kirere intwaro zirimbura imbaga. Kuva icyo gihe, ibihugu bikomeye birimo Amerika, Uburusiya n’Ubushinwa byakomeje kwiga ku bundi buryo bwo kugira ubushobozi bwa gisirikare butarebwa n’ayo masezerano, no kwibasira ibyogajuru by’igihugu bahanganye – ibyo byogajuru bikaba ari ingenzi cyane mu itumanaho rya gisirikare, mu kuneka no mu ngendo.

    Mu mwaka ushize, Perezida Trump yasohoye itegeko-teka risobanura umurimo w’ingabo z’Amerika zo mu isanzure, atari gusa mu kurinda imitungo y’Amerika, ahubwo nanone nk’umutwe njya rugamba.

    Ingabo z’Amerika zo mu isanzure – ishami rishya cyane ryo mu ngabo z’Amerika mu myaka irenga 70 ishize – zatangijwe mu mwaka wa 2019 nk’uburyo bwo kurinda imitungo y’Amerika yo mu isanzure, irimo ibyogajuru bibarirwa mu magana bikoreshwa mu itumanaho no mu butasi.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.