IKIBIRIRAHO, Fiji yatangaje ko iri mu bihe by'amage kubera ubwandu bwa SIDA bwiyongereye

Umuntu umwe muri buri bantu 60 bakuru muri icyo gihugu gito cyane cyo mu nyanja ya Pasifika gituwe n'abaturage batageze kuri miliyoni imwe, ubu abana n'ubwandu bw'iyo virusi.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Afurika y'Epfo: Umunyamakuru wari washimuswe yabonetse yapfuye afite ibikomere by'amasasu

    Ifoto ifotorewe hafi igaragaza Owen Ndlovu. Afite umusatsi mugufi kandi yambaye ishati y’ibara ry'umutuku wijimye.

    Ahavuye isanamu, Owen Ndlovu/Facebook

    Insiguro y'isanamu, Owen Ndlovu yari umunyamakuru uzwi cyane ku bakurikira imikino bo muri Afurika y'Epfo, aho yamaze imyaka ari umunyamakuru wa SABC

    Ubutumwa bwo kwihanganisha bukomeje gutangwa ku muryango w’umunyamakuru w’imikino w'inararibonye wo muri Afurika y'Epfo wabonetse yapfuye, nyuma y’amasaha ashimutiwe hafi y’umujyi wa Johannesburg.

    Polisi yavuze ko Owen Ndlovu, wahoze atangaza amakuru ku gitangazamakuru cya leta (SABC), yafashwe ku wa kabiri ubwo yari arimo gutwara umugore we mu modoka amukuye ku rusengero rwo mu gace ka Katlehong.

    Umurambo we, abawubonye bavuze ko wari ufite ibikomere by’amasasu, wabonywe n’abaturage mu gitondo cyo ku wa gatatu, hashize amasaha ashimuswe.

    Polisi yatangiye gushakisha abantu batatu bacyekwa ndetse irimo gukora iperereza ku bijyanye n’iyicwa rye, ryongeye gutuma hibazwa ku kigero kiri hejuru cy’ibyaha by’urugomo muri Afurika y’Epfo.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Igice kimwe cy'ubwonko bwayo ni ubw'umuntu, ikindi ni ubw'imbeba – iyi ntambwe ikomeye abahanga bateye ivuze iki?

    Imbeba yo muri laboratwari ifashwe mu ntoki z'umuntu wambaye uturindantoki (gants) tw'ubururu

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Abahanga mu bumenyi bw’urwungano rw’imyakura ('système nerveux'/'nervous system') bo kuri Kaminuza ya Stanford muri Amerika bashoboye gutuma imbeba zigira uturemangingo tw’umuntu imbere mu bwonko bwazo.

    Abo bashakashatsi bizeye ko ubuvuzi bushobora kuzabaho bw’indwara zo mu mutwe n’iz’ubwonko ziboneka gusa mu bantu ubu bushobora kugeragerezwa kuri izo mbeba zo muri laboratwari.

    Ifoto yo mu ikoranabuhanga igaragaza imbere mu bwonko bw'imbeba yo muri laboratwari.

    Ahavuye isanamu, S Pasca/Stanford

    Insiguro y'isanamu, Mu bwonko bw'iyo mbeba yahawe igice cy'ubwonko bw'umuntu, abashakashatsi bashoboye kubona imikoranire hagati y'uturemangingo tw'ubwonko bw'umuntu n'igice gisigaye cy'ubwonko bw'iyo mbeba

    Mu gihe kuvuga ko izi mbeba zifite igice kimwe cy’ubwonko bwazo bw’umuntu bishobora kumvikana nk’amakabyankuru, abo bahanga muri siyansi bavuze ko izi atari “imbeba zitekereza nk’abantu”.

    Izo nyamaswa zakorewe muri laboratwari – ndetse zirahindurwa mu buryo bwo kuzibaga bwo kwa muganga – kugira ngo imwe mu misusire y’ubwonko bwazo ibe iy’umuntu.

    Abo bahanga muri siyansi bavuze ko ubushakashatsi bwabo, bwatangajwe mu kinyamakuru Nature cy’ubushakashatsi buba bwamaze kugenzurwa n’abandi bahanga bo muri urwo rwego (ibizwi nka 'peer review'/'examen par les pairs'), bwakozwe bugenzurwa n’itsinda ryigenga risuzuma iyubahirizwa ry’imikorere iboneye.

    Umuforomokazi wicaye muri laboratwari arimo gukoresha mudasobwa nini iriho ubwonko, arimo kubusuzuma

    Ahavuye isanamu, Luis Alvarez

    Insiguro y'isanamu, Hari icyizere ko ibi bizatanga uburyo bushya bwo gusuzuma imiterere y'ibibazo bimwe byibasira ubwonko bw'umuntu

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Fiji yatangaje ko iri mu bihe by'amage kubera ubwandu bwa SIDA bwiyongereye

    Imodoka nyinshi z'imbangukiragutabara ziparitse imbere y'inzu nini muri Fiji

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Iki cyorezo cya SIDA cyatumye inzego z'ubuvuzi zo muri Fiji zirengerwa ubushobozi

    Fiji yatangaje ko iri mu bihe by’amage mu gihe ubwandu bwa SIDA bwiyongereye, ndetse irimo kongera serivisi zo kuyipima, gutanga imiti igabanya ubukana no kuyirinda.

    Hafi umuntu umwe muri buri bantu 60 bakuru bo kuri iryo tsinda ry’ibirwa (cyangwa amazinga mu Kirundi) ryo mu nyanja ya Pasifika ubu abana n’iyo virusi iba mu maraso, ugereranyije n’umuntu umwe mu bantu bakuru 167 wabaga ayirwaye mu myaka itanu ishize. Umubare w’abana bicwa n’ibibazo bivuye kuri virusi ya VIH (HIV) urimo kwiyongera.

    Mu mwaka wa 2025, icyo gihugu gituwe n’abaturage batageze kuri miliyoni imwe cyabonetsemo abantu bashya 2,016 basanzwe baranduye SIDA, nkuko bivugwa na Minisitiri w’ubuzima Atonio Lalabalavu, wavuze ko “igisubizo [uguhangana na yo] cyo ku rwego rw’ikiza ntikigihagije”.

    Mu mwaka ushize, inzobere mu buvuzi n’imiryango itari iya leta bari babwiye BBC ko umubare urimo kwiyongera w’abakoresha ibiyobyabwenge, gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye, gukoresha urushinge rumwe hamwe n’ibizwi nka “bluethoothing”, ari bimwe mu biteza iki cyorezo.

    "Bluetoothing" cyangwa "hotspotting" ni uburyo buteje akaga aho abakoresha ibiyobyabwenge bitera mu rushinge, bafata amaraso y’abantu bamaze kubikoresha bakayiteramo, ibyo bikaba byarongereye ubwandu bwa SIDA ku isi, cyane cyane mu bice bimwe byo muri Afurika no muri Pasifika.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.