IKIBIRIRAHO, Umukinnyi wa basketball Nate Ament yagizwe ambasaderi w'u Rwanda w'uwo mukino ku isi

Ament, uherutse gutoranywa muri NBA Draft akaba anafitanye isano n'u Rwanda, agiye gukorana na rwo muri gahunda ya 'Visit Rwanda' yo kwamamaza ubukerarugendo.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Umukinnyi wa basketball Nate Ament yagizwe ambasaderi w'u Rwanda w'uwo mukino ku isi

    Nate Ament ari kuganira n'abanyamakuru yambaye ingofero n'imyenda byose by'umukara

    Ahavuye isanamu, NBAE via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Nate Ament aganira n'abanyamakuru i New York mu kwezi gushize mu gikorwa cya NBA Draft

    Leta y'u Rwanda ivuga ko yishimiye kwakira umukinnyi ukina basketball muri Amerika, Nate Ament, nk'ambasaderi warwo wa mbere w'uwo mukino ku rwego rw'isi, muri gahunda yarwo ya 'Visit Rwanda' yo kwamamaza ubukerarugendo.

    Ni nyuma yuko ku wa mbere ikigo cy'u Rwanda cy'iterambere (RDB) gitangaje uwo mukinnyi, ufitanye isano n'u Rwanda, nk'ambasaderi w'uwo mukino.

    Ibiro bya minisitiri w'intebe w'u Rwanda byatangaje ku rubuga X ko ingingo ijyanye na Ament iri mu byizweho mu nama y'abaminisitiri yo ku wa kabiri yayobowe na Perezida Paul Kagame.

    Ubwo butumwa bugira buti: "Twishimiye kwakira Nate Ament mu muryango wa Visit Rwanda nk'Ambasaderi wacu wa mbere w'umukino wa Basketball ku rwego rw'Isi.

    "Binyuze muri ubu bufatanye, Nate azakoresha ubwamamare bwe mu kumenyekanisha u Rwanda ku bakunzi ba Basketball ku Isi, ari na ko yishimira umurage w'u Rwanda."

    Ament, w'imyaka 19, ni umukinnyi ukomeye wa basketball. Mu kwezi gushize, yatoranyijwe ku mwanya wa 13 muri NBA Draft muri Miami Heat, ikimenyetso cy’uko ari umwe mu bakinnyi bakiri bato bitezweho kugira ahazaza heza muri shampiyona ya NBA.

    Yavukiye muri Amerika, mama we akaba ari Umunyarwandakazi naho se akaba ari Umunyamerika.

    RDB isubiramo amagambo ya Ament agira ati: "Guhagararira u Rwanda ni ikintu kivuze byinshi kuri jye. U Rwanda ni kimwe mu wo ndi we, kandi ntewe ishema no gusangiza iyo sano n'isi mu gihe ntangiye urugendo rwanjye muri NBA."

    Avuga ko kimwe mu bintu ashishikariye ari ukujya amarana igihe n'abakinnyi ba basketball mu Rwanda.

    Nta gaciro k'amafaranga katangajwe k'amasezerano y'impande zombi.

  2. Venezuela: Umwana w'imyaka itatu yatabawe ajyanwa mu bitaro nyuma y'iminsi itandatu habaye imitingito y'isi

    Itsinda ry’abatabazi bo muri Jordan ririmo gukora kugira ngo ritabare umwana waheze mu matongo nyuma y’imitingito yabaye muri Venezuela.

    Ahavuye isanamu, Jordan Public Security via Reuters

    Insiguro y'isanamu, Ku wa kabiri, itsinda ry'abatabazi ryavuye muri Jordan ryatangaje amashusho y'itabarwa ry'uwo mwana

    Umuhungu w’imyaka itandatu yatabawe akurwa mu matongo ari muzima nyuma y’iminsi itandatu habaye imitingito yishe benshi ikanasenya byinshi muri Venezuela, nkuko byatangajwe n’itsinda ry’abatabazi ryavuye muri Jordan (Jordanie).

    Videwo igaragaza abo batabazi bavugira hejuru basabwe n’ibyishimo ubwo uwo mwana, Perezida w’agateganyo wa Venezuela yatangaje ko yitwa Klieber Morán, yakurwaga mu byasenyutse muri leta ya La Guaira, imwe mu zigize Venezuela.

    Perezida w’agateganyo wa Venezuela Delcy Rodríguez yavuze ko itabarwa ry’uwo mwana ari akanya k’icyizere.

    Bibaye mu gihe Umuryango w’Abibumbye watangaje ko abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bacyeneye imfashanyo yihutirwa y’ibiribwa hamwe n’amacumbi.

    Umubare w’abishwe n’iyo mitingito ibiri yabaye mu cyumweru gishize – umwe wo ku gipimo cya 7.2 n’undi wo ku gipimo cya 7.5 – wazamutse ugera ku bantu 1,943, mu gihe abarenga 10,000 bakomeretse ndetse abandi babarirwa mu bihumbi za mirongo bakaba bakomeje kuburirwa irengero.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.