Perezida Donald Trump
yatangaje ku wa kabiri nimugoroba ko igikorwa cya gisirikare cy’Amerika cyo
kuyobora amato yaheze mu Kigobe cy’Abarabu akanyura mu muhora wa Hormuz, kizaba
gihagaritswe by'"igihe gito".
Trump yavuze ko icyo
gikorwa cya gisirikare, cyiswe “Project Freedom”, cyangwa “Umushinga w’Ubwisanzure”, ugenekereje mu Kinyarwanda, cyatangiye ku wa mbere, kizahagarikwa ku bw'"amasezerano
y’impande zombi" kuko "intambwe ikomeye cyane" yatewe yerekeza ku kugirana
amasezerano na Iran.
Ibitangazamakuru bya
leta ya Iran byasobanuye ibyo nk’intsinzi, bivuga ko uko guhagarika icyo
gikorwa bigaragaza ko Trump “yasubiye inyuma”, nyuma yo “gukomeza kunanirwa”
kongera gufungura uwo muhora w’ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga bunyura mu mazi magari.
Perezida w’Amerika yabitangaje
mu gihe Minisitiri w’ububanyi n'amahanga Marco Rubio yavuze ko igitero cy’ibanze
cy’Amerika na Israel kuri Iran – cyiswe ‘Operation Epic Fury’ (cyangwa igikorwa
cya gisirikare cy’uburakari buhebuje) – cyarangiye nyuma yuko kigeze ku ntego
zacyo.
Mu butumwa yatangaje
ku mbuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko yafashe icyo cyemezo “hashingiwe ku
busabe bwa Pakistan”, yakoze nk’umuhuza hagati y’Amerika na Iran. Yongeyeho ko
ukuzitira amato kw’Amerika ku byambu bya Iran kuzagumaho.
Itangazo rya Trump
rishobora gutungura bamwe. Rishegeshe umunsi wari waranzwe no gutanga ubutumwa
bikozwe na Rubio, Minisitiri w’ingabo Pete Hegseth n’umukuru w’ibiro bikuru
rusange by’ingabo z’Amerika, Jenerali Dan Caine – bose bari basezeranyije ko
icyo gikorwa cya gisirikare kizatuma habaho ubwisanzure bw’amato bwo kugenda, hamwe
n’ubw’ubucuruzi, mu muhora wa Hormuz no mu Kigobe cya Perse.
Ku wa kabiri, Rubio yabwiye
abanyamakuru ati: “Twahitamo inzira y’amahoro. Icyo Perezida [Donald Trump]
yahitamo ni amasezerano.”
Ikigiye gukurikiraho ntigisobanutse.
Ubutegetsi bw’Amerika bwashimangiye ko “Project Freedom” ari igikorwa “cyihariye
kandi gitandukanye” n’icyo kuzibira amato ku byambu bya Iran, kigamije kotsa
igitutu Iran mu rwego rw’ubukungu.
“Project Freedom” yari igamije gufasha
gusubizaho urujya n’uruza bw’ibikomoka kuri peteroli muri ako karere ndetse
n’ubucuruzi bwo ku isi bugasubira gukorwa nk’ibisanzwe, binyuze mu kuyobora
amato yaheze mu Kigobe cy’Abarabu akanyura muri uwo muhora ahanini wafunzwe.
Ariko, niba muri uko kuba “ihagaritswe”
kompanyi z’ubwikorezi n’iz’ubwishingizi zikorana na zo zibujijwe amahwemo n’ukwivanga kwa Iran, bizaba bigoye kuri Trump kuvuga ko intego zagezweho.
Ku rundi
ruhande, ubutegetsi bw’Amerika bushobora kwizera ko guhagarika icyo gikorwa cya
gisirikare – igikorwa ubutegetsi bwa Iran budakozwa na gato – bifasha mu kongera
kuzana Iran ku meza y’ibiganiro.