Umukozi wo mu kigo cy'indege cy'Amerika arashinjwa gukangisha kwica Trump

Ahavuye isanamu, Getty Images
Umukozi wa leta muri Amerika yatawe muri yombi ashinjwa gukangisha kwica Perezida Donald Trump, ndetse no gukoresha mudasobwa y’akazi mu gushakisha amakuru ajyanye n’uwo mugambi ashinjwa, nkuko abashinjacyaha babivuze.
Abakora iperereza bavuga ko Dean DelleChiaie, ufite imyaka 35, ukora mu kigo cy’Amerika kigenzura indege za gisivile (Federal Aviation Administration, FAA) muri leta ya New Hampshire, yashakishije kuri interineti uburyo bwo kwinjiza imbunda mu kigo cya leta, ndetse n’interuro igira iti “Ngiye kwica Donald Trump”.
Mu cyumweru gishize, habayeho gushinja abandi bantu batatu gukangisha kwica Trump, harimo n’aho uwahoze ayoboraurwego rw'ubugenzacyaha rw'Amerika (FBI), James Comey, yashinjwe bijyanye n'ifoto yashyize kuri Instagram igaragaza ibinyamunjonjorerwa (seashells).
Byari biteganyijwe ko ushinjwa yitaba urukiko ku wa kabiri. Umwunganizi we mu mategeko ntiyahise aboneka ngo agire icyo abivugaho.
Dean DelleChiaie, enjeniyeri(ingénieur) ukanika imashini ukorera ishami rishinzwe kugenzura ikirere cy'Amerika, anashinjwa gushakisha amakuru ajyanye n’imiryango ya Visi Perezida JD Vance na Minisitiri w'ingabo Pete Hegseth, nkuko abashinjacyaha babivuze.
Nkuko bigaragara mu nyandiko yashyikirijwe urukiko yarahiriwe ko ari ukuri (izwi nka affidavit), FAA yamenyesheje ibye inzego z'umutekano nyuma yuko uyu mugabo asabye ishami ry’ikoranabuhanga gusiba amateka y’ibyo yashakishije kuri mudasobwa y’akazi.
Amakuru avuga ko umukozi w'urwego rw'Amerika rucunga umutekano wa Perezida n'uw'abandi bategetsi bo hejuru n'abahoze ari abategetsi bo hejuru (ruzwi nka US Secret Service) yamubarije iwe ku itariki ya 3 Gashyantare (2), aho bivugwa ko yemeye ko yakoze ayo maperereza.
Izindi nkuru wasoma:





