IKIBIRIRAHO, Trump avuga ko Amerika igiye kugabanya imyitozo ya gisirikare ikorana na Koreya y’Epfo nyuma y’uko itifatanyije na yo mu ntambara na Iran

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social, Trump yavuze kandi ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga kwifatanya n’Amerika mu bikorwa byo gukuraho gahunda ya nikleyeri ya Iran.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. Kushner, intumwa ya Trump, yahuye n'umukuru wa Hamas muri gahunda y'amahoro ya Gaza

    Umugore w’Umunye-Palestine arimo kugenda n’amaguru ari kumwe n’abana, bari mu muhanda ukikijwe n’ibirundo by’ibyasenyutse, mu gace ka Sheikh Radwan, ko mu mujyi wa Gaza

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, ONU igereranya ko abantu hafi miliyoni 1.9 – bangana na 90% by’abaturage ba Gaza – bataye ingo zabo kuva intambara itangiye

    Jared Kushner, intumwa ya Trump mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, yagiranye ibiganiro by’imbonekarimwe n’umutwe wa Hamas byo kwiga ku ishyirwa mu ngiro rya gahunda y’amahoro muri Gaza ishyigikiwe n’Amerika.

    Umutegetsi w’Umunye-Palestine yabwiye BBC ko iyo ntumwa, isanzwe ari n’umukwe wa Trump, ku cyumweru yahuye n’intumwa ziyobowe n’umukuru mushya wa Hamas, Khalil al-Hayya, bagahurira mu Misiri.

    Mu kwezi gushize, umuryango witwa Inteko y’Amahoro (cyangwa Board of Peace) wa Trump wavuze ko wageze ku masezerano na Hamas n’undi mutwe witwaje intwaro yo “gushyira intwaro hasi byuzuye” muri Gaza. Mu cyumweru gishize, Israel yanze gahunda igizwe n’ingingo 15 ya Trump, gahunda inasaba ko ingabo za Israel ziva muri Gaza ndetse na Gaza ikongera kubakwa ku butegetsi bushya bwa gisivile bw’Abanye-Palestine.

    Perezida wa Misiri Abdel Fattah el-Sisi arimo kuganira na Jared Kushner ku bibera mu Burasirazuba bwo Hagati

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Jared Kushner (imbere ibumoso) ku cyumweru yanahuye na Perezida wa Misiri Abdel Fattah al-Sisi (imbere hagati)

    Ibihugu umunani by’abayisilamu byasohoye itangazo ku cyumweru byamagana kuba Israel yaranze iyo gahunda.

    Trump ni we uyoboye iyo Nteko y’Amahoro – yashinzwe nk’umuryango mpuzamahanga mbere wari ugamije kuzana amahoro muri Gaza, ariko nyuma waje kwaguka uba ugamije kurangiza intambara zo ku isi.

    Iyo nama ya Kushner na Hayya bivugwa ko ari yo ya mbere yo kuri uru rwego kuva habaye amasezerano y’agahenge muri Gaza yo mu mwaka ushize.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Trump avuga ko Amerika igiye kugabanya imyitozo ya gisirikare ikorana na Koreya y’Epfo nyuma y’uko itifatanyije na yo mu ntambara na Iran

    Perezida Trump na Kim Jong Un

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Perezida w’Amerika Donald Trump yavuze ko Amerika igiye kugabanya kuburyo bugaragara imyitozo ya gisirikare ihuriweho na Koreya y’Epfo, avuga ko afitanye “umubano mwiza cyane” n’umutegetsi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un.

    Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social, Trump yavuze kandi ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga kwifatanya n’Amerika mu bikorwa byo gukuraho gahunda ya nikleyeri ya Iran.

    Trump yagize ati: "Iyi myitozo ya gisirikare ntabwo ihenze gusa, kuko igice kinini cy’amafaranga ayikoresha gitangwa n’Amerika (nk’uko bisanzwe!), ahubwo inatanga ubutumwa budakwiye na gato kandi bw’ubushyamirane.”

    Ku ruhande rwayo, Seoul yatangaje ko imyitozo ya gisirikare ihuriweho n’Amerika izakomeza nk’uko yari iteganyijwe. Koreya ya Ruguru yo nta cyo yari yatangaza kuri iki cyemezo cya Trump.

    Ibi bibaye nyuma y’uko muri uku kwezi Koreya ya Ruguru yakoze igeragezwa rya misile zo mu bwoko bwa ‘ballistique’, ibikorwa byabujijwe n’Umuryango w’Abibumbye.

    Ku cyumweru Trump yavuze ko “igihe cyo guhagarika iyo myitozo cyari cyarenze”, kuko Amerika na Koreya y’Epfo byari biteganyijwe ko bitangira imyitozo yabyo ngarukamwaka ku wa mbere.

    Yongeyeho ati: “Nubwo ibi bisa nk’aho bidafitanye isano (?), mperutse kubaza Perezida wa Koreya y’Epfo niba bashaka kwifatanya natwe mu gukuraho intwaro za kirimbuzi muri Repubulika ya Kisilamu ya Iran, maze baransubiza bati: ‘Oya, murakoze!’”

    Trump atangaje ibi nyuma y’amasaha atageze kuri 24 ashyize ku rubuga rwe ifoto ya kera yafotowe ari kumwe na Kim Jong Un mu 2019. Trump yavuze ko bombi ari inshuti zikomeye, “nubwo kuri iyi foto tutagaragaza ubushuti”.

    Mu cyumweru gishize, abategetsi b’ingabo z’Amerika na Koreya y’Epfo bavuze ko iyo myitozo izamara iminsi 11 kandi ko izaba iri ku rwego nk’urw’iyakozwe mu myaka yashize. Biteganyijwe ko izitabirwa n’abasirikare ba Koreya y’Epfo bagera hafi ku 18,000.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.