IKIBIRIRAHO, Abanyapalestina bategetswe kuva mu ngo zabo mu gikorwa cyo kwirukana abisiraheli bahigaruriye

Kuva ku cyumweru, abo bisiraheli bari bagose imiryango yari ituye mu ngo eshatu aho babakuriyeho amashanyarazi n’amazi.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Bernard Bankukira na Latifa Mutesi

  1. Ubuzima buteje amakenga ku bwato bw’intambara bwa Amerika USS Abraham Lincoln inyuma y’imisi irenga 250

    USS Abraham Lincoln

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Abashingamateka bo mu mugambwe w’Abademokarate muri Reta Zunze Ubumwe za Amerika berekanye amakenga akomeye ku buzima bw’abari mu bwato bw’intambara, SS Abraham Lincoln, bumaze igihe kirekire buri mu Buseruko bwo Hagati.

    Ku bwabo, amakuru avuga ibura ry'ibikoresho n'ibifungurwa, imihora y'amazi yononekaye hamwe n'izindi ngorane ziri ku bwato USS Abraham Lincoln ari ibintu bidashobora kwihanganirwa na gato.

    Berekana kandi ko ingabo zirushe birenze urugero kandi ko zacitse intege bikomeye, aho amakuru avuga ko bamwe mu basirikare bo bagerageje kwita mu mazi bavuye kuri ubwo bwato.

    Ariko reta yoyo siko ibibona. Umushikiranganji wa Amerika ajejwe kwivuna abansi, Pete Hegseth, avuga ko ibi bivugwa ku bwato Abraham Lincoln ari “ikinyoma kitagira uko kingana”.

    Ubu bwato bumaze amezi icenda mu nyanja mu Buseruko bwo Hagati, bukaba bufise abasirikare baharurwa mu bihumbi bitanu.

    Ayandi makuru ushobora gusoma:

  2. Abanyapalestina bategetswe kuva mu ngo zabo mu gikorwa cyo kwirukana abisiraheli bahagose

    Ingabo

    Ahavuye isanamu, EPA

    Imiryango igera kuri 12 y’Abanyapalestina ituye mu gace ka West Bank kigaruriwe na Israel, yasabwe kuva mu ngo no mu mitungo yayo mu gihe ingabo za Israel zari mu bikorwa byo kwirukana abisiraheli bari barigaruriye ako gace.

    Kuva ku cyumweru, abo bisiraheli bari bagose imiryango yari ituye mu ngo eshatu aho babakuriyeho amashanyarazi n’amazi.

    Umuvugizi wa Israel yabwiye BBC ko ibyo bikorwa byakozwe n'abo bisiraheli ari "ibiteye isoni kandi bitemewe", yongeraho ko leta izakora iperereza kandi igata muri yombi ababigizemo uruhare.

    Muri Qusra, imiryango yari ituye mu nzu zari zigoswe yari yasabwe kuzivamo ku wa Kane, nk’uko abaturage babwiye BBC. Nyuma yo gusohorwa, bamwe bahungiye mu nzu ya gatatu.

    Si abo gusa, kuko no mu bindi bice by'umudugudu wa Qusra, indi miryango 11 yari ituye mu ngo zitandukanye na yo yasabwe n’ingabo kuva mu mazu yayo.

    Amashusho yakwirakwijwe mu ijoro ryo ku wa gatatu rishyira ku wa kane yagaragazaga imodoka nyinshi z'inzego z'umutekano za Israel, zirimo na bulldozer( imashini ikoreshwa mu gusenya cyangwa gukuraho ibintu).

    Andi mashusho yafashwe ku manywa yagaragaje umurongo muremure w'ingabo n'abashinzwe umutekano ba Israel bari mu muhanda ugana muri uwo mudugudu w'Abanyapalestina.

    Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko “zasenye ibirindiro bibiri byubatswe mu buryo butemewe n’amategeko,” byari byarubatswe n’abisiraheli bari barigaruriye ako gace.

    Nyuma y'amasaha agera kuri 10, imiryango imwe yemerewe gusubira mu ngo zayo. Icyakora, bavuga ko yasanzemo ibintu byinshi byatatanijwe.

    Umwe mu baturage yabwiye BBC ko abasirikare bajugunye ibiribwa byose byari muri firigo, ndetse ndetse bakamwiba amafaranga angana na 1,500 cy’amadolari ya Amerika (hafi miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda).

    BBC yabajije IDF kuri ibyo birego, ariko ntiyagira icyo ibitangazaho.

    Izindi nkuru wasoma:

    Ayandi makuru yacu mushobora kuyakurikira kuri YouTube kuri BBC News Gahuza

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'ikibiriraho.