IKIBIRIRAHO, Ambasaderi w'Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

Yaba Amerika cyangwa Iran, nta gihugu na kimwe muri byo cyagabye ibitero mu majoro abiri ashize, nyuma y'ibyumweru hafi bibiri byari bishize bigabanaho ibitero byari biteje ibyago byo guhagarika ibiganiro byo kurangiza intambara burundu.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Macron yatumije inama yo mu bihe by'amage mu gihe imiriro y'agasozi yasatiriye umujyi wa Bordeaux

    Ifoto igaragaza umuntu uzimya umuriro arimo guhangana n’indimi z’umuriro w’agasozi urimo gukwirakwira muri komine ya Arès, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Ubufaransa, ku itariki ya 25 Nyakanga (7) mu 2026.

    Ahavuye isanamu, EPA

    Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron kuri uyu wa mbere arakoresha inama y’abaminisitiri yo mu bihe by’amage, mu gihe imiriro y’agasozi yasatiriye umujyi wa Bordeaux uri mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu.

    Umukuru w’umujyi wa Bordeaux, Thomas Cazenave, yavuze ko biteganyijwe ko ubundi bushyuhe bukabije butuma ibikorwa byo guhashya uwo muriro urimo kwaguka bigorana, ukaba ugeze mu ntera ya kilometero hafi 15 uvuye muri uwo mujyi. Mbere yaho, yavuze ko nta gahunda ihari yo kwimura abaturage hafi 850,000 batuye uwo mujyi.

    Imiriro y’agasozi yashegeshe Uburayi mu cyumweru gishize, by’umwihariko mu Bufaransa no muri Espagne. Abantu barenga 330,000 bamaze kwimurwa muri ibyo bihugu byombi.

    Ku wa gatandatu, Macron yavuze ko Ubufaransa “buzongera kwiyubaka” ndetse ko leta ye izahaba kugeza igihe cyose gicyenewe.

    Abantu babarirwa mu bihumbi za mirongo bamaze kwimurwa bakurwa mu karere gakikije Bordeaux. Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Laurent Nuñez yavuze ko ibintu “bimeze nabi cyane” kandi ko umuriro urimo “kugenda mu buryo utamenya” werekeza mu mujyi wa Bordeaux.

    Amateganyagihe yo mu gihugu yaburiye ko ku wa kabiri ubushyuhe bushobora gutumbagira bukagera kuri dogere 40C mu duce tumwe na tumwe.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Ambasaderi w'Amerika avuga ko Trump yahagaritse ibitero kuri Iran kugira ngo haboneke umwanya wo kuganira

    Amato ahagaze mu mazi y'inyanja

    Ahavuye isanamu, AFP via Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Amato ari ku nkombe y'i Muscat, muri Oman, hafi y'Umuhora wa Hormuz

    Ambasaderi w’Amerika muri ONU avuga ko Perezida Donald Trump yahagaritse ibitero kuri Iran mu ijoro rya kabiri ryikurikiranya kugira ngo ahe dipolomasi undi mwanya.

    Avugira kuri televiziyo Fox News yo muri Amerika ku cyumweru, ambasaderi Mike Waltz yavuze ko perezida arimo “guha ibiganiro umwanya runaka, arimo kubiha umwanya muto”.

    Ku cyumweru, umuvugizi w’ingabo za Iran yavuze ko ku by’iyo mpamvu Tehran yahagaritse ibitero byo “kwihorera” yagabaga mu karere.

    Uko guhagarika imirwano gukurikiye ibyumweru hafi bibiri byari bishize Amerika igaba ibitero bya buri munsi kuri Iran ndetse na yo ikihorera, urebye ibi bikaba byari byatumye agahenge kashyizweho umukono muri Kamena (6) uyu mwaka gahirima.

    Abajijwe niba ubu Trump yafashe icyemezo cyo kudatuma ibintu bifata indi ntera, Waltz yabwiye televiziyo NBC – na yo yo muri Amerika – ati: “Sinagera kure nk’aho habe na busa. Perezida agumanye amahitamo yose ku meza.”

    Waltz yanahakanye amakuru yo mu kinyamakuru the New York Times avuga ko abategetsi bo muri leta y’Amerika baburiye ko kwagura imirwano bishobora gushegesha mu buryo buteje ibyago ububiko bwagabanutse bw’ibisasu n’intwaro by’ubwirinzi bw’ikirere.

    Yagize ati: “Ingabo z’Amerika... zifite ikintu cyose zicyeneye mu gukora iki gikorwa [cya gisirikare] neza uko bikwiye.”

    Kugeza ku mugoroba wo ku cyumweru, Trump yari ataravuga ku mugaragaro kuri izi ntambwe nshya, ariko mbere yaho yatangaje kuri konti ye yo ku rubuga nkoranyambaga rwa Truth Social amafoto yakozwe na mudasobwa agaragaza indege za gisirikare z’Amerika zirimo kumisha ibisasu ku mato ya Iran no ku kirwa cya Kharg cyo muri Iran.

    Hagati aho, ku wa gatanu no ku wa gatandatu Iran na Oman byagiranye ibiganiro byinshi i Tehran byo mu rwego rwa tekinike byo kwiga ku micungire y’Umuhora wa Hormuz, nkuko byavuzwe n’umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran Esmail Baghaei.

    Amakimbirane ku igenzurwa ry’uwo muhora yongeye kuba intandaro y’ubushyamirane hagati y’Amerika na Iran muri uku kwezi ndetse ukomeje kuba imbogamizi ikomeye mu kuba intambara yarangira burundu.

    Muri Kamena (6) uyu mwaka, Iran n’Amerika byashyize umukono ku masezerano y’ubwumvikane (cyangwa ‘memorandum of understanding’ mu Cyongereza) yo guhagarika ibikorwa bya gisirikare no kongera gufungura uwo muhora, hamwe no kugera ku masezerano yo kurangiza intambara mu minsi 60 ikurikiyeho.

    Ariko nyuma yuko ingabo za Iran ziteye amato atwara ibikomoka kuri peteroli mu Muhora wa Hormuz ku itariki ya 13 y’uku kwezi kwa Nyakanga (7), Amerika yasubukuye ibitero byo mu kirere kuri Iran ndetse isubizaho kubuza urujya n’uruza ku byambu bya Iran.

    Iran yihimuye igaba ibitero ku bigo bya gisirikare by’Amerika byo mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, yica abasirikare bane b’Amerika. Kuva icyo gihe, ibitero by’Amerika bimaze kwica abantu babarirwa muri za mirongo muri Iran, nkuko bivugwa na minisiteri y’ubuzima ya Iran.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.