OMS yemeje ko icyorezo cya Ebola muri RD Congo kikiri ikibazo cyihutirwa gihangayikishije isi

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryemeje ko icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) gikomeje kuba ikibazo cyihutirwa cy'ubuzima rusange gihangayikishije amahanga.
Nyuma yo kugirana ibiganiro n'abaminisitiri b'ubuzima ba RDC na Uganda, igikorwa kidakunze kubaho, umuyobozi mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ku itariki ya 17 Gicurasi (5) mu 2026 ko ikiza cya Ebola cyari cyongeye kwaduka ari ikibazo cy'ubuzima cyihutirwa ku rwego mpuzamahanga.
Icyo gihe hari hashize iminsi ibiri ibyo bihugu byombi bitangaje ku mugaragaro ko Ebola yagaragaye.
Ku itariki ya 19 Gicurasi (5), icyo cyemezo cyaje kwemezwa n’itsinda rya OMS rishinzwe ibibazo byihutirwa.
Ku wa kabiri, avugira i Genève mu Busuwisi, Dr Tedros yabwiye inama ya kabiri ya komite ishinzwe amabwiriza mpuzamahanga y'ubuzima ko iki cyorezo cya Ebola ari icya kabiri kinini cyane kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka, kandi ko kiri gukwirakwira ku “muvuduko utarigeze ubaho mbere.”
Abantu hafi 5,000 bamaze kwandura, mu gihe abarenga 2,300 bamaze gupfa mu ntara esheshatu no mu turere tw’ubuzima 55. Ubwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, butari bwarakunze kugaragara mbere, byagaragaye ko bigoye guhagarika ikwirakwira ryabwo.
Dr Tedros yavuze ko umutekano mucye, abantu bava mu byabo ndetse n'ingendo nyinshi z'abantu banyura mu mihanda, mu migezi no mu duce tw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, birimo gutuma Ebola ikomeza gukwirakwira.
Yanavuze ko abantu benshi bagipfira mu ngo zabo, batageze mu bigo nderabuzima kandi batari no ku rutonde rw'abantu bazwi ko bahuye n'abarwayi. Ibi bikaba ari ikimenyetso cy'uko buri muntu upfuye ashobora kuba yerekana ko hakiri abantu banduye n’uburyo virusi yakwirakwiriye bitaramenyekana.
Ingaruka z’iki cyorezo ntizigarukira gusa ku mipaka ya Congo. Uganda yamaze kugenzura neza ubwandu bwa mbere bwari bwahageze, ariko mu kwezi gushize umwe mu bagenzi yajyanye virusi mu gihugu cy'Ubufaransa.
Dr Tedros yagize ati: "Imipaka ishobora gutinza igikorwa cyo guhangana n’icyorezo, ariko ntishobora guhagarika virusi."
Izindi nkuru wasoma:


