IKIBIRIRAHO, Umu-influencer wo muri Nigeria yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa cocaine ya miliyoni $28 yari ijyanywe mu Bwongereza

Afolabi Kazeem Michael nta cyo aratangaza ku byo ashinjwa ko afitanye isano n’itsinda mpuzamahanga ricuruza ibiyobyabwenge.

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana na Latifa Mutesi

  1. OMS yemeje ko icyorezo cya Ebola muri RD Congo kikiri ikibazo cyihutirwa gihangayikishije isi

    Umukuru wa OMS Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yambaye ingofero y'ubururu yanditseho, mu Cyongereza, Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima.

    Ahavuye isanamu, Getty Images

    Insiguro y'isanamu, Umukuru wa OMS yavuze ko "imipaka ishobora gutinza igikorwa cyo guhangana n’icyorezo, ariko ntishobora guhagarika virusi"

    Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) ryemeje ko icyorezo cya Ebola kiri muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) gikomeje kuba ikibazo cyihutirwa cy'ubuzima rusange gihangayikishije amahanga.

    Nyuma yo kugirana ibiganiro n'abaminisitiri b'ubuzima ba RDC na Uganda, igikorwa kidakunze kubaho, umuyobozi mukuru wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ku itariki ya 17 Gicurasi (5) mu 2026 ko ikiza cya Ebola cyari cyongeye kwaduka ari ikibazo cy'ubuzima cyihutirwa ku rwego mpuzamahanga.

    Icyo gihe hari hashize iminsi ibiri ibyo bihugu byombi bitangaje ku mugaragaro ko Ebola yagaragaye.

    Ku itariki ya 19 Gicurasi (5), icyo cyemezo cyaje kwemezwa n’itsinda rya OMS rishinzwe ibibazo byihutirwa.

    Ku wa kabiri, avugira i Genève mu Busuwisi, Dr Tedros yabwiye inama ya kabiri ya komite ishinzwe amabwiriza mpuzamahanga y'ubuzima ko iki cyorezo cya Ebola ari icya kabiri kinini cyane kurusha ibindi byose byabayeho mu mateka, kandi ko kiri gukwirakwira ku “muvuduko utarigeze ubaho mbere.”

    Abantu hafi 5,000 bamaze kwandura, mu gihe abarenga 2,300 bamaze gupfa mu ntara esheshatu no mu turere tw’ubuzima 55. Ubwoko bwa Ebola buzwi nka Bundibugyo, butari bwarakunze kugaragara mbere, byagaragaye ko bigoye guhagarika ikwirakwira ryabwo.

    Dr Tedros yavuze ko umutekano mucye, abantu bava mu byabo ndetse n'ingendo nyinshi z'abantu banyura mu mihanda, mu migezi no mu duce tw'ubucukuzi bw'amabuye y'agaciro, birimo gutuma Ebola ikomeza gukwirakwira.

    Yanavuze ko abantu benshi bagipfira mu ngo zabo, batageze mu bigo nderabuzima kandi batari no ku rutonde rw'abantu bazwi ko bahuye n'abarwayi. Ibi bikaba ari ikimenyetso cy'uko buri muntu upfuye ashobora kuba yerekana ko hakiri abantu banduye n’uburyo virusi yakwirakwiriye bitaramenyekana.

    Ingaruka z’iki cyorezo ntizigarukira gusa ku mipaka ya Congo. Uganda yamaze kugenzura neza ubwandu bwa mbere bwari bwahageze, ariko mu kwezi gushize umwe mu bagenzi yajyanye virusi mu gihugu cy'Ubufaransa.

    Dr Tedros yagize ati: "Imipaka ishobora gutinza igikorwa cyo guhangana n’icyorezo, ariko ntishobora guhagarika virusi."

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Ukraine: Uwari Minisitiri w'ingabo akirukanwa yasabye ko haba amatora ya perezida

    Minisitiri w’ingabo wa Ukraine Mykhailo Fedorov ubwo yari yitabiriye inama ya Ukraine y’ubuhuza ku bya gisirikare muri Gashyantare (2) mu 2026.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Uwahoze ari Minisitiri w’ingabo wa Ukraine Mykhailo Fedorov yasabye ko haba amatora muri iki gihe cy’intambara, ibi benshi bakaba babona ari ko guhangana kwa mbere gukomeye n’ubutegetsi bwa Perezida Volodymyr Zelensky kubayeho kuva intambara y’Uburusiya itangiye muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022.

    Muri videwo yatangaje ku rubuga rwa YouTube ku wa kabiri, Fedorov, w’imyaka 35, yagize ati: “Demokarasi ntishobora gufatwa bugwate n’Uburusiya.” Yongeyeho ko Ukraine irimo kurwana “neza neza kuko dushaka gukomeza kuba igihugu cyisanzuye [cyigenga] cy’i Burayi”.

    Kuva Uburusiya buteye Ukraine, iki gihugu gikomeje kubaho hashingiwe ku mategeko ya gisirikare yasimbuye aya gisivile kubera ibihe bidasanzwe by’intambara, ibyo bivuze ko amatora yahagaritswe.

    Fedorov, muri iyo videwo utavuze Zelensky mu izina, yirukanwe ku mwanya we wa minisitiri w’ingabo mu buryo butunguranye mu mpera ya Nyakanga (7) uyu mwaka, hashize amezi atandatu ashyizwe kuri uwo mwanya.

    Zelensky nta cyo yari yasubiza kuri iyo videwo ya Fedorov. Iyirukanwa rye ryateje imyigaragambyo mu bice binyuranye by’igihugu.

    Ku gihe cye nka minisitiri w’ingabo, Fedorov yashimwe ku kongera imbaraga muri iyo minisiteri, ayobora gahunda yo kurwanya ruswa ndetse ashyiraho uburyo bwo gushingira ku byo imibare igaragaza, mu gusesengura no kugerageza kunoza imyitwarire y’ingabo ku rugamba.

    Iyirukanwa rye ryemewe na benshi nk’iryari rifitanye isano n’ubushyamirane hagati ye n’umugaba mukuru w’ingabo, Oleksandr Syrskyi. Ibyumweru byinshi nyuma yaho, Syrskyi na we yasimbujwe kuri uwo mwanya, nyuma y’imyigaragambyo yari imaze ibyumweru yokeje igitutu perezida wa Ukraine.

    Muri iyo videwo yo kuri YouTube, Fedorov nta kimenyetso yatanze cya gahunda ateganya muri politike, ahubwo yibanda ku kuvuga ko hacyenewe “uburyo bukurikije amategeko, butekanye kandi bushyize mu gaciro bwo gutuma Ukraine isubizaho inzira yuzuye ya demokarasi no mu gihe cy’intambara imaze igihe kirekire”.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Umu-influencer wo muri Nigeria yatawe muri yombi nyuma yo gufatanwa cocaine ya miliyoni $28 yari ijyanywe mu Bwongereza

    Afolabi Kazeem Michael afashe icyapa cya NDLEA kiriho izina rye n’imyaka ye, nyuma yo gutabwa muri yombi i Lagos, muri Nigeria.

    Ahavuye isanamu, NDLEA

    Insiguro y'isanamu, Afolabi Kazeem Micheal, uzwi ku izina rya "KC Luxury", ntaragira icyo avuga ku byo ashinjwa

    Umunya-Nigeria uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, ukekwaho kuba afitanye isano n’itsinda ry’abantu bari mu bihugu bitandukanye bacuruza ibiyobyabwenge, yatawe muri yombi nyuma y'uko abategetsi bafashe kokayine (cocaine) ifite agaciro ka hafi miliyoni 28 z'amadolari y’Amerika (miliyari 41 FRW) yari igiye koherezwa mu Bwongereza.

    Afolabi Kazeem Michael yafatiwe ku kibuga cy’indege i Lagos mu cyumweru gishize, ubwo yari agiye gufata indege yerekeza i Paris mu Bufaransa, nk’uko ikigo cya Nigeria gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge cyabitangaje.

    Uyu mugabo w’imyaka 49, uzwi ku izina rya “KC Luxury” ukurikirwa kuri konti ye yo kuri Instagram n’abantu bagera ku 700,000, yagaragaraga ku mbuga nkoranyambaga yivuga nk’umucuruzi ukora ubucuruzi bwa zahabu n’ibicuruzwa by’agaciro gahambaye.

    Abategetsi bavuga ko Michael yari umuntu ukomeye mu bikorwa by’urusobe rw’abacuruza kokayine, aho yayinjizaga muri Nigeria ivuye muri Amerika y’Epfo, hanyuma ikoherezwa mu Burayi no muri Aziya.

    Kugeza ubu Michael ntaragira icyo avuga ku byo ashinjwa, kandi kugeza ubu ntaragezwa imbere y’urukiko ngo agire ibyo aregwa.

    Ikigo cya Nigeria gishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (NDLEA) cyavuze ko ku wa mbere tariki ya 3 Kanama (8), rwasanze ibilo (kg) 184.5 bya kokayine bihishe mu dusanduku tw’ibara ry’ikigina, ahabikwa kandi hagaturuka imizigo i Lagos.

    NDLEA yavuze ko iyo kokayine yari igiye koherezwa mu mahanga n’itsinda ry’abantu bari mu bihugu bitandukanye bacuruza ibiyobyabwenge, aho rimaze imyaka rikoresha Nigeria nk’igihugu banyuzamo ibiyobyabwenge mbere yo kubijyana mu Bwongereza, mu bindi bihugu by’Uburayi ndetse no muri Aziya.

    Michael yatawe muri yombi nyuma y’iminsi 10 ibyo biyobyabwenge bifashwe, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cy’indege cya Murtala Muhammed i Lagos, ubwo yageragezaga kuva muri Nigeria mu ndege yo mu cyiciro cya mbere (Business Class) yerekezaga i Paris.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.