Inama ikomeye y’Ubuhinde na Afurika yasubitswe kubera Ebola Bundibugyo

Ahavuye isanamu, Getty Images
Ubuhinde n’Ubumwe bwa Afurika basubitse inama izwi nka India-Africa Forum Summit yari iteganyijwe mu cyumweru gitaha i New Delhi, kubera “ikibazo kirimo gukomera cy’ubuzima mu bice bya Afurika”.
Itangazo ry’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhinde rije mu gihe abategetsi muri DR Congo batangaje ko imibare y’abanduye n’abishwe n’iyi ndwara irimo kwiyongera.
Abashinzwe ubuzima muri DR Congo ubu bemeje ko abantu 159 bamaze kwicwa na Ebola – nubwo bikekwa ko imibare nyakuri ishobora kuba iri hejuru. Mu gihe abandi bantu 51 bashya bayanduye.
Ubuhinde buvuga ko bwifatanyije n’Ubumwe bwa Afurika mu guhangana n’ikibazo cy’ubuzima, kandi ko “bwitaye ku kibazo gikomeye cy’ubuzima kirimo kwiyongera ku mugabane”.








