Rwanda: Herekanywe abarenga 80 bacyekwaho gukopeza ibizamini bya leta

    • Umwanditsi, Didier Bikorimana
    • Igikorwa, BBC Gahuzamiryango
  • Yatangajwe
  • Igihe co gusoma: iminota 4

Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwerekanye abantu 81 bo mu nzego z'ibanze n'iz'uburezi bacyekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukopeza abanyeshuri ikizamini cya leta gisoza amashuri abanza cyo mu mwaka w'amashuri wa 2025/2026.

RIB yatangaje ku mbuga nkoranyambaga ko abo barimo abayobozi bo mu nzego z'ibanze, abashinzwe uburezi ku rwego rw'akarere no ku murenge, abayobozi b'ibigo by'amashuri n'abarimu.

Ibyabaye byongeye kubyutsa impungenge ku ireme ry'uburezi butangwa mu mashuri yo mu Rwanda, kuva amanota y'abarangije amashuri abanza n'ay'abarangije icyiciro rusange cy'amashuri yisumbuye yatangazwa mu kwezi gushize.

Abo bacyekwa beretswe ibitangazamakuru byo mu Rwanda ku cyicaro cya RIB i Kigali ku wa gatandatu ni abo mu turere twa Kirehe, Ngoma na Kayonza two mu burasirazuba bw'igihugu n'abo mu karere ka Nyamasheke, mu majyepfo ashyira uburengerazuba, no mu karere ka Rubavu mu burengerazuba.

Bacyekwaho ibyaha bitatu ari byo gukoresha ububasha mu nyungu bwite, kumena ibanga ry'akazi, n'inyandiko zitavugisha ukuri.

Nta cyo abacyekwa batangaje ku mugaragaro.

Umuvugizi wa RIB Murangira Thierry yabwiye abanyamakuru i Kigali ko mu gihe inkiko zaba zihamije icyaha abo bacyekwa, amategeko ateganya ko bashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y'umwaka umwe n'imyaka 10.

Mu bizamini bya leta bisoza amashuri abanza, utwo turere twaje mu myaka 10 ya mbere mu turere 30 twose hamwe tugize u Rwanda. Kirehe yaje ku mwanya wa mbere, Ngoma ku wa kabiri, Nyamasheke ku wa gatandatu, Kayonza ku wa munani naho Rubavu iza ku mwanya wa cyenda.

Murangira yagize ati: "Ibyabereye mu kizamini cya leta gisoza amashuri abanza birababaje. Ni ibintu bidakwiriye kwihanganirwa. Ni ibintu bikwiriye kugawa na buri Munyarwanda wese...

"Mumbwize ukuri, umwana, wo muri iriya myaka, batangiye kwereka ko mu buzima ari shortcut [inzira ya bugufi], mu buzima ari ugu-tricha [gukopera], mu buzima ari ukwiba, mu buzima ari ugutekinika nkuko hanze aha babivuga.

"Ni ryari kwesa imihigo bireberwa mu ndorerwamo yo gutsindisha gusa hatarimo ubumenyi?"

RIB itangaje ibi nyuma yuko bwa mbere mu myaka ya vuba aha ishize mu Rwanda, minisiteri y'uburezi yemeye ku mugaragaro ko habaye gukopera ibizamini bya leta bikaba ngombwa ko bisubirwamo.

Minisiteri y'uburezi yavuze ko iperereza ryakozwe ku bufatanye n'inzego zinyuranye z'umutekano ryemeje ko habaye gukopera mu buryo bwa rusange mu byumba 254 byakorerwagamo ibizamini, byarimo abanyeshuri 7,188 hirya no hino mu gihugu.

Abanyeshuri barenga gato 277,000 ni bo biyandikishije gukora ibizamini bya leta birangiza amashuri abanza, byakorewe ku bigo by'ibizamini 1,182 byo mu bice bitandukanye by'igihugu.

Kuri abo banyeshuri 7,188, ibyo bizamini bya leta bisoza amashuri abanza byasubiwemo muri iki cyumweru kuva ku itariki ya kabiri kugeza ku ya kane Nzeri (9), "mu rwego rwo kurengera abanyeshuri no kubungabunga ahazaza habo", nkuko minisiteri y'uburezi yabitangaje.

Minisiteri y'uburezi yavuze ko "n'ubwo ubusanzwe uwakoze amakosa nk'aya ahanishwa gutesha agaciro ibizamini yakoze" atari ko byagenze kuri abo banyeshuri, kuko iperereza ryasanze ko "bimwe muri ibi bikorwa byo gukopera byateguwe cyangwa bikagirwamo uruhare n'abantu bakuru bari bahawe inshingano zo gukoresha no kugenzura itangwa ry'ibizamini".

Mu itangazo ryayo, RIB yibukije abarezi mu mashuri ko gukopeza ibizamini ari imigirire mibi irimo ibyaha bihanwa n'amategeko kandi ko itazahwema kubirwanya ifatanyije n'izindi nzego.

Mu cyumweru gishize, Minisitiri w'uburezi mu Rwanda Joseph Nsengimana yabwiye igitangazamakuru cya leta (RBA) ko amanota y'aba banyeshuri basubiyemo ibizamini azatangazwa ku itariki 11 Nzeri, abatsinze bakazatangira igihembwe ku itariki ya 14 Nzeri, abandi batakopeye bo ku wa mbere bakaba batangira igihembwe cya mbere cy'umwaka w'amashuri wa 2026/2027.

Yagize ati: "Si byo byakwifujwe." Yongeyeho ko ayo ari "amahirwe adasanzwe" abo banyeshuri babonye yo gusubiramo ibizamini.

Ati: "Ariko gutakaza icyumweru kimwe biruta gutakaza umwaka."