Uriko ubona ku rubuga aherekana amakuru mu nyandiko gusa, hakoresha uburyo buke. Ja ku rubuga nyamukuru ubone amakuru mu nyandiko iherekejwe n'amasanamu.

Njana ku rubuga nyamukuru canke aho gusoma gusa

Ibindi vyerekeye ingene urwo rubuga rugutwara uburyo (ama mega) buke

IKIBIRIRAHO, Uburusiya bwarashe gariyamoshi ya Ukraine nyuma gato yuko Boris Johnson n'abandi bategetsi b'i Burayi bahanyuze

Uwo wahoze ari Minisitiri w'intebe w'Ubwongereza yagize ati: "Sinzi imitekerereze ikocamye yatumye Putin aturitsa gariyamoshi ya Ukraine yari ihagaze ku mupaka wa Pologne muri iki gitondo [cy'ejo ku cyumweru]."

Incamake

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Bukavu: Amasanduku 27 yahageze mu gihe hatangiye umuhango wo gushyingura abanyeshuri bahiriye ku ishuri

    Mu mujyi wa Bukavu mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), harimo kuba umuhango wo gushyingura abanyeshuri bishwe n’umuriro wo mu cyumweru gishize.

    Ababibonye babwiye BBC ko amasanduku 27 ubu yamaze kugezwa ku ishuri rya Ibanda, riri ku nkombe y’ikiyaga cya Kivu, aho imiryango n’abategetsi bo muri ako gace bateraniye ngo basezere bwa nyuma kuri abo banyeshuri bapfuye, mbere yuko imirambo ijyanwa gushyingurwa mu irimbi rya Ruzizi (Rusizi).

    Ku wa gatanu ushize, umutwe w’inyeshyamba wa AFC/M23 ugenzura uwo mujyi wemeje ko abanyeshuri 26 bo mu mashuri abanza – abakobwa 20 n’abahungu batandatu – bapfiriye mu mubyigano wabaye ubwo bageragezaga guhunga umuriro wibasiye amashuri abiri, ishuri rya Furaha n’ishuri rya Ujamaa, muri komine ya Kadutu no muri komine ya Bagira.

    Abarokotse benshi baracyarimo kuvurirwa mu byumba by’indembe.

    Mbere, byari biteganyijwe ko abo banyeshuri bashyingurwa ku wa gatandatu ushize ariko uwo muhango wimurirwa kuri uyu wa mbere, nyuma yuko habayeho ugucyerererwa mu mikorere n'ibikoresho, nkuko byatangajwe na Dunia Masumbuko Bwenge, Visi Guverineri w’intara ya Kivu y’Epfo.

    Nyuma y’uwo muriro wishe abanyeshuri, AFC/M23 yatangaje igihe cy’iminsi itatu y’icyunamo. Corneille Nangaa na Bertrand Bisimwa, abategetsi b’inyeshyamba bo ku rwego rwo hejuru, bagiye i Bukavu mu mpera y’icyumweru gishize guhura n’imiryango yagize ibyago no kuyihanganisha, ndetse no gutanga ubufasha. Bombi biteganyijwe ko bitabira umuhango wo gushyingura w’uyu munsi.

    Bukavu igenzurwa na AFC/M23 kuva muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2025, uwo mujyi ukaba utegekwa na Visi Guverineri Dunia Masumbuko Bwenge Doux.

    Icyateye uwo muriro kiracyakorwaho iperereza. Leta ikorera i Kinshasa yasabye ko hakorwa amaperereza yigenga kugira ngo ababigizemo uruhare bamenyekane.

    Bukavu, umwe mu mijyi iri ku misozi ituwe mu bucucike cyane muri DRC, ihanganye n’ingorane zo kugenzura ukwaguka kw’umujyi, aho abaturage biyongera mu buryo bwihuse kandi ahanini budakorwa kuri gahunda. Ibyo byongereye ibyago ku bikorwa-remezo no ku mutekano.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Umupilote w'Amerika wahanuriwe hejuru ya Iran aribuka ukuntu yahanutse, mu kiganiro cya mbere atanze kuva atabawe

    Umusirikare wo mu ngabo z'Amerika zirwanira mu kirere yavuze ukuntu yahanantutse akagwa ku butaka ari mu mutaka wangiritse, nyuma yuko indege y'intambara ye yari yahanuriwe hejuru ya Iran, bituma haba igikorwa cya gisirikare giteje akaga cyo kumutabara.

    Uwo mupilote, utatangajwe izina mu kiganiro cyitwa 60 Minutes cy'igitangazamakuru CBS News cyo muri Amerika, yagize ati: "Hari aho byageze, ndebye hejuru mbona nta mutaka uhari, icyo ni cyo kintu cya mbere giteye ubwoba cyane nigeze mbona."

    Inkuru irambuye hano

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Trump yapfobeje ibyago by'ubwenge buhangano avuga ko Amerika ihanganye n'Ubushinwa

    Perezida w’Amerika Donald Trump yapfobeje ibyago bitewe n’ubwenge buhangano (AI), nyuma y’iminsi inzobere ziburiye isi mu buryo bukomeye cyane.

    Mu ruzindiko muri Ireland, Trump yagize ati: “Hari imbaraga nyinshi mbi cyane zirimo kuzana iyi ngingo zitagakwiye kuba ziyizana ndetse barimo kuzana ibintu [kuvuga ibintu] bitazabaho.”

    Umwe mu baburiye ni umushakashatsi wahoze ukora mu kigo cya AI cyitwa Anthropic, wavuze ko “birashoboka cyane ko twese dushobora gupfa mu gihe cya vuba” niba umuvuduko uriho ubu wo gukora AI ukomeje.

    Ku wa gatandatu, abayobozi bo ku rwego rwo hejuru mu bijyanye na AI bemeranyije n'icyo gitekerezo ndetse basaba ko habaho kugabanya umuvuduko. Trump ntiyavuze mu buryo butaziguye kuri icyo gitekerezo ariko yagize ati: “Tuyoboye Ubushinwa muri AI... kandi, mvugishije ukuri, ndashaka ko bikomeza kumera gutyo kuko uwo ari we wese uzatsinda [mu bya] AI, ni we uzatsinda.”

    Trump yabivuze ku munsi umwe n’umushakashatsi muri AI, Jacob Coxon – waretse akazi muri kompanyi Anthropic mu minsi micye ishize – wabwiye BBC ko abakozi barimo kubaka ibya AI “mu by’ukuri bafite ubwoba” kuri ejo hazaza h’inyokomuntu.

    Izindi nkuru wasoma:

  4. Uburusiya bwarashe gariyamoshi ya Ukraine nyuma gato yuko Boris Johnson n'abandi bategetsi b'i Burayi bahanyuze

    Indege nto y’intambara itajyamo umupilote (izwi nka ‘drone’) y’Uburusiya yarashe gariyamoshi hafi y’umupaka wa Ukraine na Pologne nyuma gato yuko uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza Boris Johnson n’abandi bategetsi bo ku rwego rwo hejuru mu by’umutekano b’i Burayi bari bamaze kuhanyura.

    Abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko nta bantu bapfuye cyangwa bakomeretse nyuma y’icyo gitero cyabereye i Yahodyn, cyarashe moteri ya gariyamoshi. Abagenzi bose bahungishijwe.

    Johnson n’abajyanama mu by’umutekano w’igihugu b’i Burayi, barimo Jonathan Powell w’Ubwongereza, bari bamaze kunyura muri iyo nzira ya gariyamoshi bari mu yindi gariyamoshi, ubwo bari barimo bataha bavuye mu nama mu murwa mukuru Kyiv wa Ukraine.

    Uwo wahoze ari Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yagize ati: “Sinzi imitekerereze ikocamye yatumye Putin aturitsa gariyamoshi ya Ukraine yari ihagaze ku mupaka wa Pologne muri iki gitondo [cy’ejo ku cyumweru].”

    Yavuze ko icyo cyari “igitero kidashyize mu gaciro kandi cy’urukozasoni gisa n’ibyo Abanya-Ukraine bagorwa na byo buri munsi – no mu nzira za gariyamoshi za gisivile”, ashishikariza inshuti za Ukraine guha Abanya-Ukraine byihutirwa “ubwirinzi bw’ikirere bacyeneye”.

    Uburusiya bwavuze ko bwarashe “igikorwa-remezo cy’inzira ya gariyamoshi” mu burengerazuba bwa Ukraine ariko kompanyi ya Ukraine ishinzwe ibya za gariyamoshi, yitwa Ukrzaliznytsia, yavuze ko “bishoboka cyane, [ko] icyo iyi ‘drone’ yari igambiriye gishobora kuba ari gariyamoshi y’abadipolomate”.

    Mu itangazo iyo kompanyi yasohoye, yavuze ko iyo gariyamoshi “yari yavuye kuri iyo stasiyo [itegerwamo gariyamoshi] mbere y’igihe cyari giteganyijwe kubera impinduka ku ngengabihe... itewe n’inkeke zihoraho ziterwa n’ibitero by’Uburusiya”.

    Iyo kompanyi yanavuze ko itegeko ryo guhunga ku bagenzi bari bari muri iyo gariyamoshi yarashweho ryari ryatanzwe “iminota 15” mbere y’icyo gitero cya ‘drone’ y’Uburusiya yihuta cyane ikoresha moteri nk’iy’indege.

    Iyo kompanyi yongeyeho ko uwahoze ari umukuru w’ubutasi bwo mu mahanga bw’Amerika (CIA), David Petraeus, na we yari ari mu yindi gariyamoshi yo kuri iyo stasiyo ya Yahodyn, ubwo icyo gitero cya ‘drone’ cyabaga.

    Abategetsi bo muri Ukraine n’abategetsi bo muri Pologne bavuze ko iyo ‘drone’ y’Uburusiya yarashe mu ntera ya kilometero ebyiri uvuye ku mupaka wa Pologne.

    Izindi nkuru wasoma:

  5. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.