IKIBIRIRAHO, Ukraine ivuga ko abantu batanu biciwe mu gitero cy'Uburusiya ku iduka rinini naho abandi 67 barakomereka

Amakuru yo mu bitangazamakuru byaho avuga ko icyo gitero cyo rwagati mu mujyi wa Pavlohrad ari icya gatatu Uburusiya bugabye ku iduka rinini mu gihe cy'iminsi ishize.

Amakuru y'ikibiriraho

Didier Bikorimana

  1. Netanyahu agiye kurega ikinyamakuru cyatangaje ko UAE yari yamuburiye ku gitero cyo ku itariki ya 7 y'ukwa 10

    Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu arimo kuvuga mu kiganiro n’abanyamakuru i Yeruzalemu, ku itariki ya 8 Nzeri (9) mu mwaka wa 2026.

    Ahavuye isanamu, Reuters

    Insiguro y'isanamu, Ibiro bya Netanyahu byavuze ko iyo nkuru iri muri gahunda y'"umugambi mubisha"

    Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yabwiye abanyamategeko ngo batangire ikirego ku isebanya ku kinyamakuru cyo muri Israel kubera amakuru cyatangaje ko umutegetsi wa Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yari yamuburiye ko umutwe wa Hamas wari urimo gutegura igikorwa cya gisirikare habura iminsi ngo habe ibitero byo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) mu 2023.

    Nkuko bikubiye muri bimwe mu bice by’igitabo byatangajwe n’ikinyamakuru Haaretz, Perezida wa UAE Sheikh Mohammed bin Zayed Al Nahyan yagiranye ikiganiro kuri telefone na Netanyahu muri Nzeri (9) y’uwo mwaka.

    Iyo nkuru ivuga ko Netanyahu yaburiwe ko Yahya Sinwar, wari umukuru wa Hamas muri Gaza icyo gihe, yari arimo gutegura igikorwa kinini cya gisirikare.

    Ibiro bya Netanyahu byavuze ko “nta kuburira kwabayeho kuri minisitiri w’intebe kuvuye muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu mbere y’itariki ya 7 Ukwakira”, bivuga ko iyo nkuru iri muri gahunda y'"umugambi mubisha".

    Ikinyamakuru Haaretz, gifite amateka yo kunenga cyane uwo minisitiri w’intebe, cyavuze ko gihagaze ku itangazamakuru ryacyo ndetse cyanze icyo kirego cyo gusebanya cya Netanyahu, kivuga ko “intego yonyine [y'icyo kirego] ni ugucecekesha itangazamakuru rinenga”.

    Iyo nkuru – no kuyihakana mu burakari kwa Netanyahu, agashinja Haaretz ibinyoma – itangajwe mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora rusange byatangiye gushyuha. Ayo matora yo ku itariki ya 27 Ukwakira uyu mwaka afatwa na benshi nka kamarampaka izaba irimo gukorwa ku butegetsi bwa Netanyahu.

    Izindi nkuru wasoma:

  2. Ukraine ivuga ko abantu batanu biciwe mu gitero cy'Uburusiya ku iduka rinini naho abandi 67 barakomereka

    Abazimya inkongi babiri bari mu kazi ku modoka yahiye nyuma y'igitero cy'Uburusiya muri Ukraine

    Ahavuye isanamu, State Emergency Service of Ukraine

    Abategetsi bo muri Ukraine bavuga ko abantu batanu bishwe naho abandi 67 barakomereka ubwo indege nto y’intambara itajyamo umupilote (izwi nka ‘drone’) y’Uburusiya yarasaga ku iduka rinini ryo mu mujyi wa Pavlohrad, mu karere ka Dnipropetrovsk, mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Ukraine Ivan Vyhivskyi yavuze ko amaduka n’imodoka byarashweho muri icyo gitero cyo ku manywa cyabaye “ubwo imihanda yari yuzuyemo abantu”.

    Andi maduka abiri manini – yo mu mijyi ya Zaporizhzhia na Sumy – na yo mbere yaho muri iki cyumweru yarashweho mu bitero byo mu kirere by’Uburusiya, nkuko amakuru yo mu bitangazamakuru byo muri Ukraine abivuga.

    Uburusiya bwatangaje ko habaye igitero cya ‘drone’ yo mu mazi cya Ukraine mu mujyi w’ubukerarugendo wa Sochi mu ijoro ryo ku wa gatatu, cyakomerekeyemo abantu 28, hamwe n’impfu z’abandi bantu batatu zegetswe ku bitero bya Ukraine.

    Intambara isesuye irarimbanyije hagati y’Uburusiya na Ukraine kuva Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin atangije igitero kuri Ukraine, ubu hashize imyaka irenga ine n’igice.

    Umuhate mushya wo kugera ku mahoro w’intumwa zoherejwe na Perezida w’Amerika Donald Trump mu mpera y’icyumweru gishize, uko bigaragara nta byinshi bifatika wagezeho, nyuma y’ibiganiro izo ntumwa zagiranye na Putin i Moscow hamwe na Perezida Volodymyr Zelensky i Kyiv.

    Izindi nkuru wasoma:

  3. Mwaramutse neza!

    Ikaze kuri BBC Gahuzamiryango, aho tubagezaho amakuru yo mu karere no mu mahanga mu buryo bw'aka kanya.