Netanyahu agiye kurega ikinyamakuru cyatangaje ko UAE yari yamuburiye ku gitero cyo ku itariki ya 7 y'ukwa 10

Ahavuye isanamu, Reuters
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yabwiye abanyamategeko ngo batangire ikirego ku isebanya ku kinyamakuru cyo muri Israel kubera amakuru cyatangaje ko umutegetsi wa Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yari yamuburiye ko umutwe wa Hamas wari urimo gutegura igikorwa cya gisirikare habura iminsi ngo habe ibitero byo ku itariki ya 7 Ukwakira (10) mu 2023.
Nkuko bikubiye muri bimwe mu bice by’igitabo byatangajwe n’ikinyamakuru Haaretz, Perezida wa UAE Sheikh Mohammed bin Zayed Al Nahyan yagiranye ikiganiro kuri telefone na Netanyahu muri Nzeri (9) y’uwo mwaka.
Iyo nkuru ivuga ko Netanyahu yaburiwe ko Yahya Sinwar, wari umukuru wa Hamas muri Gaza icyo gihe, yari arimo gutegura igikorwa kinini cya gisirikare.
Ibiro bya Netanyahu byavuze ko “nta kuburira kwabayeho kuri minisitiri w’intebe kuvuye muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu mbere y’itariki ya 7 Ukwakira”, bivuga ko iyo nkuru iri muri gahunda y'"umugambi mubisha".
Ikinyamakuru Haaretz, gifite amateka yo kunenga cyane uwo minisitiri w’intebe, cyavuze ko gihagaze ku itangazamakuru ryacyo ndetse cyanze icyo kirego cyo gusebanya cya Netanyahu, kivuga ko “intego yonyine [y'icyo kirego] ni ugucecekesha itangazamakuru rinenga”.
Iyo nkuru – no kuyihakana mu burakari kwa Netanyahu, agashinja Haaretz ibinyoma – itangajwe mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora rusange byatangiye gushyuha. Ayo matora yo ku itariki ya 27 Ukwakira uyu mwaka afatwa na benshi nka kamarampaka izaba irimo gukorwa ku butegetsi bwa Netanyahu.
Izindi nkuru wasoma:

